Ubusazwe abantu bafite ubumuga bw’ubugufi budasazwe ari bagore usanga bagorwa nokubona abagabo kuko usanga abantu bavuga ko batabasha kubyara muburyo bworoshye nkabandi bagore iyimvugo yumvikanye cyane cyane nyuma yaho hagaragaye abafite ubumuga bw’ubugufi budasazwe bakoze ubukwe ahabantu biza niba kubyara byaborohera nkibisawe
Nyuma yuko abantu bagize impungenge aribeshi ikinyamakuru www.mamaurwagasabo.rw twashatse kumenya icyo abaganga babivugaho umuyobozi w’ibitaro bya Nyamata Dr Rutagengwa William avuga ko umugore ufite ubumuga bw’ubugufi budasazwe bitatuma abyara umwana muremure nubwo bishoboka ko yabyara ureshya nawe ariko agaragaza impungenge mugihe cyokubyara.
Dr Rutagengwa yagize ati”kuba umugore afite ubumuga bw’ubugufi budasazwe ntabwo bimubuza gutwita nokubyara kuko ibyo umugore wese afite munda, usibyeko iyo uwo ufite ubwo bumuga harigihe usanga amatakoye arimato bigatuma babyara bazwe kuko inzira umwana asohokeramo arintoya ariko nkumuntu ufite ubumuga usanga agira ibazo byihariye nko kubyara umwana muto cyangwa ufite amazi mumutwe kuko umwana ntabwo abona aho yisanzurira munda kuko inda aba arinto kubera ubumuga bafite ,”.
Dr.Rutagengwa yakomeje amara imbungenge abagore bafite ubumuga bw’ubugufi budasazwe ko ari umugore nkabandi nubwo ashobora kubangwa mugihe cyokubyara kuko hariho n’abagore barebare bagira amatako mato bakabangwa kuko inzira y’umwana arinto anyuramo avuka ariko kuba bagira ibyo bibazo bitandukanye iyo bagarye agaganga kare barabafasha .
Abafite ubumuga butandukanye usanga bahabwa akato kubijyanye nogukundwa no gukunda ariko n’abantu nkabandi bakwiye gukundwa.
Scovia mutesi

















