Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Uburusiya buri gutera muri Ukraine ibisasu bifite umuvuduko ukubye inshuro 10 uw’ijwi

Sunday 20 March 2022
    Yasomwe na

Leta y’Uburusiya ikomeje gusenya ibikorwa remezo ku butaka bwa Ukraine, kugeza aho irimo gukoresha ibitwaro biremereye, byo mu bwoko ba Misile zambukiranya umugabane, "Misile hypersonic, zifite umuvuduko ukubye inshuro 10 uw’ijwi.

Ni ibisasu byitwa Kinzihal bigenda kuri km 2000 birimo guturuka mu birindiro bya Crimea, agace k’Uburusiya yashimuse Ukraine mu myaka 5 ishize amahanga n’Umuryango w’Abibumbye barebera ntibagire icyo babikoraho.

Minisitiri w’Ingabo z’Uburusiya, Major General Igor Konashenkov, yavuze ko barimo gutera Ukraine bakoresheje missile zirimo kuva mu bwato bwa gisirikare buri mu nyanja y’Umukara n’iya Caspian (Black and Caspian seas) bakoresheje ikirere cya Crimea.

Yavuze ko ibyo bisasu birimo kwifashishwa gusenya ububiko bwa peteroli buri Kostiantynivka hafi y’icyambu cyo ku nyanja y’umukara cya Mykolaiv.

Yagize ati, "Ibisasu bya Kalibr Cruise birimo guterwa bituruka my mazi y’inyanja y’umukara bigana ku ruganda rwa Nizghyn rusana imodoka za gisirikare zangirikiye mu mirwano."

Ibitero by’Uburusiya bikozwe ku munsi wa kabiri hakoreshwa izo ntwaro za Kinzhal zigera mu ntera ya km 2000 bigenda ku muvuduko ukubye inshuro 10 uw’ijwi.

Minisitiri w’Ingabo Konashenkov yongeyeho ko ikindi gitero cyakozwe n’indege zateye missile zisenya uruganda ruri ahitwa Ovruch mu Majyaruguru mu karere la Zhytomyr ahari ibirindiro by’ingabo zo mu kirere za Ukraine.

Ibi byose biraba mu gihe Ukraine yemera inzira y’ibiganiro ngo intambara ihagarare, nyuma yo kubona ko harimo kwangirika byinshi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru