Mutungirehe Samuel
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, hafi y’Ingoro y’inteko ishinga amategeko ya Uganda, mu Murwa Mukuru wa Kampala, haturikiye Ibisasu bibiri bihitana abantu barindwi, (7) mu gihe abarenga 17 bakomerekejwe nabyo barembeye mu bitaro, 12 muri bo bihutishirijwe mu bitaro bikuru bya Mulago. Byanangije imodoka nyinshi nk’uko byagaragaye mu mashusho ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru byaho.
Kimwe cyaturikiye mu modoka hafi y’Ingoro y’Inteko ishinga amategeko, ikindi giturikira hafi ya sitasiyo ya Polisi aho muri Kampala, Inteko ikaba yahise itangira guhungishwa nk’uko NTV Uganda yabitangaje.
Nyuma y’iryo turika agace kazwi nka Kampala City Center ubu si nyabagendwa, ndetse icyoba ni cyose mu batuye muri ako gace kubera iryo sanganya.
Umunyamakuru wa ‘NTV Uganda’ yavuze ko yabonye imirambo ibiri nyuma y’uko ibyo bisasu bituritse, ariko impamvu y’iturika ryabyo ngo ntiyahise imenyekana.
Ku rubuga rwa Twitter rw’icyo gitangazamakuru yagize iti "Mu ba mbere bahise batabara, harimo abo mu Muryango utabara imbabare ‘Red Cross’, bifashishaga ibikoresho byagenewe kuzimya inkongi ‘fire extinguishers ‘ kugira ngo bazimye umuriro aho hafi y’Inteko ishinga amategeko".
Abasirikare ba Uganda bari muri Somalia, aho barimo kurwanya umutwe wa al Shabab, ushamikiye kuri al Qaeda, bakaba bari muri Somalia mu rwego rw’ubutumwa bw’amahoro bw’Afurika yunze Ubumwe.
Si Ubwa mbere muri izi mpera z’umwaka kuko mu kwezi gushize k’Ukwakira 2021, ni bwo umutwe wa ‘Islamic State’ wigambye bwa mbere kuba waraturikije igisasu muri Uganda, cyahitanye umukozi wa Resitora aho cyaturikiye.
Mu kwezi k’Ukwakira 2021 kandi, ni bwo Polisi ya Uganda yatangaje ko umuntu w’umwiyahuzi yaturikirije igisasu mu modoka itwara abagenzi kiramuhitana ubwe, ariko ngo gikomeretsa n’abandi bantu.















