Sunday . 19 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more
  • 6 July » Neymar yasezeye gukinira ikipe ya Brazil – read more

Umubyeyi yemeye kujugunya hasi umwana we aho guhira mu nzu

Thursday 15 July 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Umugore wo muri Afurika y’Epfo Naledi Manyoni yafunze umwuka yemera kujugunya umwana we hasi muri ubwo yari hejuru mu nyubako ndende yarimo gushya itwitswe n’abigaragambya kubera Jacob Zuma.

Ni ikemezo uyu mubyeyi yafashe nk’uko yabitangaje mu buhamya yatanze, amujugunyira abantu atazi, wenda bashoboraga no kuba ari bo batwitse uwo muturirwa, ariko byose abikora agira ngo adashyana n’umwana we akamubona amupfiraho nyarama wenda ageze hasi atapfa akazarokoka.

Ni mu nyubako iri ku nyanja, mu Mujyi wa Durban muri Afurika y’epfo, yabwiye BBC ukuntu ashimira abarokoye umwana we w’umukobwa, uzuzuza imyaka ibiri mu kwezi gutaha.

Naledi Manyoni, w’imyaka 26, yagize ati: "Icyo nashoboraga gukora cyonyine kwari ukwizera abantu ntazi na busa". Yongeyeho ko ubu we n’umwana we bameze neza.

Inyubako bari barimo yakongejwe n’abasahuraga.

Imidugararo yatewe n’ifungwa rya Jacob Zuma wahoze ari Perezida w’iki gihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru