Hashize iminsi humvikana ihoterwa rishingiye ku gitsina aho abashakanye bicana no gusambanya abana bagaterwa n’inda kuburyo imibare igaragara ubu yanatangajwe 2016 abana babyaye bagera 1700 ibintu bihangakishije Igihugu.
Ibi byagarutweho mu nteko rusange ya 17 ya huje abagore bahagariye abandi mu nama y’igihugu y’abagore, aho Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Nyirasafari Esperance yi bukije bamutima w’urugo kurwanya ihohoterwa rikorwerwa mungo, cyane inda ziterwa abana mu gihe basambanyijwe.
Agira ati”Birababaje kubona abana bacu basambankwa bikabaviramo kubyara abandi bana aho ubura izina wamwita kuko s’umubyeyi s’umugore n’agihinda kubabyeyi niyo mpamvu mbasaba kudahishishira abakoze icyaha nkicyo kuko aba yishe ejo heza h’igihugu aho nt’abagore bejo”.
Nyirasafari akomeza avuga ko ntacyo umuntu ya gurana umwana we ngo uranga kwiteranya ukanga kumurega ngo bitaguteranya ni umuturanyi umuntu uhemukira umwana wawe ntacyo muba mupfana, muvuge icyaha gihanwe kuko iyo umuhishiriye buracya agafata undi mwana wawe ugasanga abigize umuco.
Ibi biravungwa mu gihe hari umwe mu banyamakuru barimo uwitwa, Mugabe Robert wakoreye ibinyamakuru bikomeye mu Rwanda uri mu mabako y’ubutabera acyekwaho gusambanya abakobwa bava inda imwe, aho umwe yamuteye inda agashaka no kuyimukuriramo.
Kubyara kw’abakobwa bato byugarije cyane uturere twiburasira zuba kuko nitwo tuza kwisonga mu kugira abana beshi bahohotewe bagaterwa inda.

















