Umuhanda Kigali-Gicumbi-Gatuna wari umaze iminsi utemerewe kunyurwamo n’amakamyo nyuma yo gusenywa n’imvura hagasigara igice gito cy’umuhanda byatumye polisi isaba ko imodoka nini zajya zitwara ibintu bijya cyangwa biva Uganda ko bakoresha umuhanda wa Kigali-Kagitumba cyangwa bakanyura ku Cyanika.
Polisi y’U Rwanda ibinyujije kuri Twitter yavuze ko umuhanda Gatuna –Kigali mu murenge wa Cyumba, akagari ka Rwankojo ,ari nyabagendwa ku modoka zose ndetse n’amakamyo.
Ni nyuma yaho hari hashize iminsi 3 uyu muhanda wangirijwe bikomeye n’ibiza, aho wari wacitsemo ibice ku buryo amakamyo yo atari yemerewe kuwukoresha.
Polisi y’u Rwanda yakomeje isaba abakoresha uyu muhanda kubahiriza amabwiriza bahabwa n’abapolisi bari gufasha mu rujya n’uruza rw’ibinyabiziga kuko ibikorwa byo kuwusana bigikomeje.
Ubwo uyu muhanda wamaraga kwangirika Minisitiri w’ibikorwa Remezo yavuze ko ikibazo cyahagurukiwe, bajya kureba uko ibyangiritse bingana mu rwego rwo gutangira gusana kugira ngo ukomeze ube nyabagendwa ku binyabiziga byose.
Amba. Claver Gatete ati, “Kugeza ubu uyu muhanda urakoreshwa mu gice kimwe cyawo, kandi uragendwamo n’imidoka nto zitwara abagenzi ariko amakamyo yo arimo guca ku yindi mihanda ihuza u Rwanda na Uganda nka Cyanika na Kagitumba.”
Uyu muhanda wa Kigali – Gatuna wari wangiritse ufite uburebure bwa kilometero 77.8, ukaba waratashywe muri Nzeri 2015 nyuma yo kuvugururwa ku bufatanye n’Umuryango w’ubumwe bw’uburayi ugatwara amafaranga agera kuri miliyari 51 z’u Rwanda.


















