Ibyemezo bya Minisitiri w’Intebe byasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Mutarama 2022, byemereye moto n’amagare gukomeza gukora gutwara abagenzi ariko bishyirirwaho amabwiriza ko utwaye n’utwawe bagomba kuba barikingije Covid-19.
Ubusanzwe ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri cyangwa izindi nzego zibishinzwe zari zimaze igihe zemerera abamotari n’abashoferi b’amagare gukomeza gukora bubahiriza izindi ngamba za covid-19 bidasabye ko abagenzi bagomba kuba barikingije.
Iri tangazo rivuga kandi ko abatazubahirizs izo ngamba bazabihanirwa.
Ku batwara imodoka rusange, bemerewe gutwara 100% by’abicaye nabo bakaba barikingije COVID-19
Mu zindi mpinduka ni iz’abakizi mu biro bya Leta byemerewe gukomeza gukora ariko ariko buri rwego rurasabwa gukoresha 15% by’abakozi bose bakorera mu biro.





















