By Imfurayabo Pierre Romeo
Umukuru wa polisi muri Tanzania witwa Darius Makambako w’imyaka 50 yajyanye mu rukiko inshuti ye ayishinja kunanirwa akazi yayihaye ko gutera inda umugore we kandi amaze kumusambanya inshuro 77 zose.
Uyu mukuru wa Police utabyara,yabwiwe n’umugore we ko ashaka umwana bituma aha akazi inshuti ye ko kumuterera inda,biramunanira ajya kumurega.
Urukiko rwa Dar-es-Salaam muri Tanzania rwakiriye ikirego cy’uyu mukuru wa polisi wababajwe n’uko iyi nshuti ye imaze kurongora umugore we inshuro 77 ariko akaba nta nda aramutera.
Darius Makambako n’umugore we Precious w’imyaka 45 bamaze imyaka 6 babana ariko ntibarabyara kubera ko dogoteri yababwiye ko uyu mugabo ari ingumba.
Nyuma yo kotswa igitutu n’umugore we,Makambako yahise aha akazi inshuti ye Evans Mastano w’imyaka 52 ko gutera inda umugore we ariko amaze kumurongora inshuro 77 nta mwana arabyara nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Tanzania.
Makambako yishyuye Mastano akayabo ka 2,000,000 z’amashilingi muri 2016 kugira ngo atere inda umugore we biramunanira ariyo mpamvu yamujyanye mu rukiko kugira ngo amwishyure amafaranga ye.Mastano yavuze ko atazigera asubiza Makambako ayo mafaranga kuko akazi yamuhaye yagakoze neza ahubwo umugore we ariwe ufite ikibazo.
Amakuru avuga ko uyu mugore Precious usanzwe ari umuganga yafashe ikiruhuko cy’amezi 3 kugira ngo akorana imibonano mpuzabitsina ihagije na Mastano arebe ko yabona umwana ariko biranga biba iby’ubusa.
Mastano yamaze amezi 10 aryamana n’uyu mugore ngo arebe ko yamutera inda ariko byarananiranye.

















