Uyu munsi ku wa Gatanu nibwo urukiko ruri butangaze umwanzuro ku mbogamizi Rusesabagina yatanze zirimo ko ari gukurikiranwa n’ubutabera bw’u Rwanda nk’Umnyarwanda kandi we yarahakanye ku nshuro ya Gatanu ko atari Umunyarwanda ahubwo ari Umunyarwanda ahubwo ari Umubiligi.
Rusesabagina atsimbaraye kuri iyo turufu nk’umuntu udashaka kuburanishwa n’inkiko zo mu Rwanda, akifuza ko yajyanwa kuburanishirizwabmu Bubiligi aho yita iwabo.
Ubushinjacyaha burega Paul Rusesabagina wari Perezida w’Impuzamashyaka MRCD na Nsabimana Callixte wiyise Sankara wahoze ari umuvugizi w’umutwe w’inyeshyamba wa FLN n’abandi 19.
Mu iburanisha ry’ubushize, Nsabimana Callixte wiyise Sankara wahoze ari umuvugizi w’umutwe w’inyeshyamba wa FLN icyo gihe yabwiye Urukiko ko atangajwe no kumva uwo yita Shebuja ahakana ko ari Umunyarwanda kandi bakiri mu ishyamba yarababwiraga ko afite umugambi wo kuzayobora u Rwanda.
Paul Rusesabagina akomoka mu cyahoze ari Komine Murama, Perefegitura ya Gitarama; ubu ni mu Karere ka Ruhango, Intara y’Amajyepfo.
















