Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Zimwe mu nyeshyamba zo mu ntara ya Kasaï muri Kongo zashyize intwaro hasi

Thursday 31 January 2019
    Yasomwe na

Nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru AFP, abakuru batatu b’umutwe w’inyeshyamba ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo bishyikirije ubutegetsi bw’iki gihugu.

AFP bisubiramo amagambo y’abategetsi ba Kongo bavuga ko umwe muri aba batatu ari Mubiayi Dewayi.

Bwana Dewayi ashinjwa kuba yariciye ku karubanda umugore w’uwahoze ari umutegetsi wa teritwari (territoire) ya Luebo mu ntara ya Kasaï, akamwica amuciye umutwe.
Joseph Mutshipayi, umukuru wa teritwari ya Luebo, yavuze ko Bwana Dewayi "yavuye mu ishyamba ari kumwe n’inyeshyamba 60".

Yagize ati: "Yaduhaye imbunda enye za AK 47 n’amasasu". Yavuze ko aba bishyikirije ubutegetsi bavuze ko bifuza kuba bashyirwa mu gisirikare cya Kongo.

Mu mpera y’icyumweru gishize, izindi nyeshyamba 600 zo mu ntara ya Kasaï zashyize intwaro hasi, zivuga ko zihagaritse kurwanya leta. Zavuze ko zishyikirije ubutegetsi nk’ikimenyetso cyuko zishyigikiye Perezida mushya wa Kongo, Félix Tshisekedi.
Src/ BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru