Mu Gishanga cya Mukuru mu karere ka Huye abaturage bahangayikishijwe n’ibihombo barigutezwa n’amazi menshi ari kubatwarira imirima.
Ni abahinzi bo mu mukarere ka Huye mu gishanga cya Mukura bavuga kuri ubu iki gishanga cyangiritse bikomeye bikaba bigeze naho iyo imvura yaguye amazi aba menshi akototera imirima yabo.
Ati” iyo imvura iguye iraza ikarengera imyaka yacu ubwo ninako n’ubutaka bijyana ugasanga niba wari ufite metero nk’icumi ugasigarana eshanu”.
Undi nawe ati “iyo imvura yaguye ari nyinshi hari ubwo uheruka uko wahinze bikarangira utashye amara masa, kuko iraza ikabirengera kubera muri iki gishanga haza amazi aturutse ku nyubako z’umugi wa Huye no hino akaba ari menshi cyane ngewe ho maze guhomba inshuro nyinshi nkatahira aho”.
Aba bahinzi bagaraza ko umuvu waya mazi ubateza igihombo gikomeye kugeza naho hari bamwe bahinga bagataha amara masa ibyo baheraho basaba ko bafashwa gutunganya iki gishanga kuko aho bigeze birenze ubushobozi bwabo.
Ati “ Icyo mbona nuko bagakwiye kuza iki gishanga bakagitunganya ku buryo bwiza amazi akajya anyura hamwe akareka kototera imirima yacu kuko urabona hano imirima yaragiye kandi ubu twebwe byarenze ubushobozi bwacu”.
Sebutege Ange ni umuyobozi w’akarere ka Huye kuri iki kibazo avuga ko kugeza ubu nta ngengo y’imari iraboneka yo gutunga iki gishanga ariko mugihe kitarakorwa agira inama abaturage yo kurwanya isuri ku misozi ndetse bakanafata ubwishingizi bw’ibihingwa byabo.
Iki gishanga gihuriza hamwe amazi aturuka ku Nyubako zimwe na zimwe ziri mumugi wa Huye aho iyo imvura iguye aya mazi yiyongera kuyasanzwe yo mu gishanga.
Bityo abaturage bakaba badashobora kuyafata bitewe nubwinshi bwayo gusa umuyobozi w’akarere ka Huye agaragaza ko hegitari zirenga 800 z’ibishanga zikeneye gutunganywa akaba avuga ko uko ubushobozi bugenda buboneka bizakorwa.
Moise Munyaneza





















