Hari bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Muko w’Akarere ka Musanze bavuga ko bakomeje kuba mu icuraburindi ryo kutagira Umurimo w’amashanyarazi kandi amapoto amaze imyaka ibiri ashinze andi arambitse hasi ku muhanda.
Ahari iki kibazo cyane ni mu midugudu hafi ya yose igize Akagari ka Cyogo, mu Murenge wa Muko. Ituwemo n’imiryango yari ihasanzwe hamwe n’indi igera kuri 600 yahimukiye iturutse mu Kagari ka Mbizi mu Murenge wa Kimonyi, ikuwe mu byayo n’ibiza by’imvura byabibasiye.
Munyensanga Thomas utuye mu mudugudu wa Nyagasambu udafite amashanyarazi yagize ati: "Twaheze mu bwigunge bwo kutagira umuriro w’smashanyarazi, aya mapoto ubona amaze igihe kirekire ashinze; twategereje umuriro twarahebye amaso yaheze mu kirekire, nubu mfite telephone ngiye kucaginga mu gasantere, umuriro turawukeneye cyane."
Nzabandora Emmanuel we twamusanze mu kagari ka cyogo yagize ati: "Bashinze amapoto barigendera, nta terambere twageraho tudafite umuriro, urabona ko urubyiruko twagakwiye kuba rukora imirimo yo kogosha, gusudira, ibyo ntibyashoboka nta muriri dufite abandi bamwe baracana ariko twebwe turi mu icuraburindi."
Aba baturage bakomeza bavuga ko abana kubona uko basubiramo amaso biba bigoye kubera kuba mu kizima, bakaba ariho bahera basaba ababishinzwe kubakorera ubuvugizi bakabona umuriro w’amashanyarazi.
Umuyobozi wa REG ishami rya Musanze Batangana Regis avuga ko habayeho ikibazo cy’ibura ry’ibikoresho cyakora ariko ngo ntabwo bizarenga mu kwezi kwa Kamena umuriro utarabageraho.
Ati: "Habayeho ikibazo cy’ibura ry’ibikoresho, kontere zurahari icyari, ikidahari ni insinga gusa kuko hari n’ahandi; cyokoze abaturage bashonje bahishiwe kubera ko bitazarenga mu kwezi kwa Kamena umuriro utarabageraho."
Banki y’Isi iherutse gushyira u Rwanda ku mwanya wa 3 muri Afurika no ku mwanya wa 11 ku Isi mu bihugu byakwirakwije amashanyarazi ku muvuduko munini, dore ko ruri ku gipimo cya 77% mu gihe ibyinshi mu bindi bihugu bikiri hagati ya 30-50% by’ingo ziyafite.
Intego ya Guverinoma y’u rwanda ni uko bitarenze muri Kamena 2026 ingo zisaga 450,000, zingana na 83% by’izibarurwa mu gihugu zizaba zahawe amashanyarazi; byazagera mu mpera ya 2028 ingo zose muri rusange zikazaba zacaniwe ku kigero cy’100%.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje





















