Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Nyabihu: Barasaba kubakirwa isoko bagaca ukubiri no kunyagirwa

Wednesday 11 December 2024
    Yasomwe na


Hari bamwe mu baturage bacururiza hanze bo mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu basaba kubakirwa isoko ngo kubera ko imvura iyo iguye banyagirwa.

Aba bacuruzi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw ubwo yagerega muri uyu murenge wa Mukamira, aho aba bacuruzi bakorera mu nkengero z’umuhanda Nyabihu-Rubavu.

Umwe muri aba bacuruzi witwa Mukeshimana yagize ati: "Dukeneye isoko hano kubera ko iyo imvura iguye inyagira ibicuruzwa byacu tugahombo, aka masoko bari bubatse nabaye gato ubu twebwe dukorera hanze, cyane nkatwe ducuruza ibiribwa iyo byanyagiwe bitabira bakwiye kutwubakira agatsiko gasakaye."

Undi mucuruzi yagize ati: "Ahubwo ririya soko riri muri Santere ya Mukamira ryagombaga kubakwa hano kubera ko nubundi ryambaye ubusa mu gihe twebwe turimo kubyagirwa, twebwe ducuruza inkweto n’imyenda turahomba cyane kuko ntamukriya ubigura iyo byanyagiwe biba byataye agaciro."

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Simpenzwe Pascal yavuze ko bazasura aba bacuruzi kugira harembwe icyakorwa.

Yagize ati: "Ririya soko mu byukuri twavugako rikeneye byinshi byo gukora harimo byinshi mutabonye, harimo nikibazo cyo kuba abaturage bavirwa ntabwo byari bikwiriye turareba uburyo tubyitaho kugira ngo abaturage bajye bacuruza batekanye."

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru