Perezida Kagame uri i Astana muri Repubulika ya Kazakhstan, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’icyo Gihugu, Kassym-Jomart Tokayev.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Kazakhstan, byatangaje ko ibi biganiro byabereye mu muhezo, byibanze ku ntego zihuriweho mu kugera ku iterambere rirambye.
Perezida Tokayev yashimye u Rwanda rufite ubukungu bwiyongera ku kigero cya 8% ku mwaka ndetse n’ukwiyubaka kw’inzego, ashimangira umuhate wa Kazakhstan mu kongerera imbaraga umubano wayo n’ibihugu bya Afurika.
Perezida Kagame na Perezida Tokayev kandi bagaragaje inzego z’ingenzi zakwagurirwamo ubutwererane zirimo ubucuruzi, ishoramari, gutwara abantu n’ibintu, ubuhinzi, ikoranabuganga, imitangire ya serivisi za Leta hakoreshejwe ikoranabuhanga n’urwego rw’imari.
U Rwanda na Kazakhstan, uyu munsi byasinyanye amasezerano y’ubutwererane mu bijyanye n’ubucuruzi, ikoranabuhanga, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ubuhinzi.
Ni amasezerano yasinywe muri iki gitondo, nyuma y’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Perezida Kassym-Jomart Tokayev, mu Mujyi wa Astana.























