Hon. Masozera wo mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu (Rwanda Green party of Rwanda) yasabye Abarwanashyaka ko bakwiye guhangana n’ibiyobyabwenge nk’abantu baturiye umupaka. Ibi yabigarutseho kuri iki Cyumweru ubwo yari yaje mu nama ikomatanyije n’amahugurwa y’Abarwanashyaka yabereye mu karere ka Gicumbi.
Dusengima Domithila n’umurwanashyaka wa Green Party avuga ko bagiye gukomeza kwigisha ndetse bagatangira amakuru ku gihe .
Ati”Guhangana n’ibiyobyabwenge (…)
Tariki 10 Kamena 1989, Paul Kagame yashakanye na Jeanette Nyiramongi wari warahungiye i Nairobi muri Kenya we n’umuryango we. Bakoreye ubukwe mu gihugu cya Uganda. Ubu imyaka 29 irashize basezeranye kubana akaramata, bakaba bizihije iyi sabukuru kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena 2018.
Mbere y’uko bamenyana, Paul Kagame yari yarasabye abo mu muryango we kumurangira umugore ukwiriye, baza kumurangira Jeanette maze ajya kumusura muri Kenya, nyuma nawe amusaba kuzamusura muri Uganda.
Ku (…)
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, ari mu bantu 11 kaminuza yo muri Canada, Concordia University, yageneye impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (PHD).
Akamanzi azashyikirizwa iyo mpamyabumenyi mu birori byo kuzitanga ku banyeshuri b’iyo kaminuza biteganyijwe ku wa 11- 13 Kamena 2018.
Iyi kaminuza yatangeje ko yamugeneye Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro ku bw’uruhare rukomeye yagize mu guteza imbere ishoramari, urwego rw’abikorera (…)
Leta ya Uganda ikomeje kugerageza umushinga wayo wo kuzajya hahabwa imiti umurwayi ufite indangamuntu mu mavuriro ya Leta no muri za farumasi.
Minisitiri w’ubuzima muri iki gihugu, Jane Aceng kuri uyu wa mbere yatangaje ko bakomeje igirwa cyo gutunganya iri koranabuhanga aho ngo itazajya yemerera amafarumasi gutanga imiti ku bantu badafite indangamuntu.
Ati: “ Turacyari kuyitunganya neza porogaramu ya mudasobwa tunakomeza gushaka ibikenerwa byayo by’ibanze kuberako dushaka ko izakora mu (…)
Urukiko rwo mu Gihugu cya Sudan rwakatiye igihano cy’urupfu umwana w’imyaka 19 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugao we wari wamufashe ku ngufu.
Umucamanza wo murukiko rwa Omdurman yemeje igihano cy’urupfu kuri uyu mwana muto nyuma yuko umuryango wa nyiri nyakwigendera wanze guhabwa impozamarira.
Uyu mwana w’umukobwa witwa Nourra Hussein yashyingiwe ku ngufu uyu mugabo yivuganye ubwo yari afite imyaka 16 y’amavuko ntiyabyemera ahitamo guhungira kwa nyirasenge.
Nyuma y’imyaka 3 (…)
Al-Shabab yicishije umugore amabuye imuziza ko yashakanye n’abagabo 11 kandi nta numwe bigeze bahana gatanya.
Umutwe w’Inyeshamba ugendera ku mahame ya Kisilamu, Al-Shabab wicishije umugore amabuye imushinja gushakana n’abagabo 11 kandi amahame yabo atabyemera.
Inkuru dukesha Daily Nation ivuga ko Shukri Abdullahi Warsame yahamwe n’icyaha cyo gushaka abagabo 11 kandi atabanje guhana, gatanya n’umugabo we wa mbere.
Uyu mugore yashyinguwe igice cyo hasi hasigara umutwe, abarwanyi ba (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Uwanzwenuwe Théoneste na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere, Mukansanga Clarisse, beguye ku mirimo yabo ku mpamvu bavuze ko ari bwite.
Aba bayobozi bombi b’Akarere ka Nyabihu bamaze gutanga amabaruwa y’ubwegure bwabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Gicurasi 2018.
Ubu bwegure bw’aba bayobozi bubaye mu gihe hatarashira n’ukwezi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere,Ngabo James ndetse na Antoine Mugwiza wari (…)
Ivangura mu kazi rigamije guheza abagore ku myanya ikomeye ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ni rimwe mu masubyo agomba kujanjagurwa byihutirwa kuko bamwe mu bahakora bahamya ko bimaze kuba umuco mubi utonesha abagabo ugasuzugura ubushobozi bw’abagore.
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, amaze kwandikirwa amabaruwa menshi harimo abiri yasinyweho n’abagore bamusaba ko yakemura iki kibazo bita ‘agasuzuguro no gufatwa nabi’.
Ayo mabaruwa atandukanye (…)
Joyce Banda wayoboye Malawi kuva mu 2012 kugera mu 2014, yagarutse mu gihugu nyuma y’imyaka igera kuri ine atahakandagira.
Banda wavuye muri Malawi mu 2014 nyuma yo gutsindwa amatora, ari mu itsinda ry’abayobozi bakuru bashakishwa n’ubutabera bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta mu cyiswe ‘Cashgate scandal’.
Kuri uyu wa Gatandatu amagana y’abayoboke b’ishyaka rye, People’s Party (PP)’, bagiye kumwakira akubutse i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.
Ikinyamakuru cyo muri Malawi, Nyasa (…)
Agatha Uwiringiyimana washyizwe ku rutonde rw’intwari zo mu rwego rw’Imena, ni umwe mu bagore bacye b’abanyapolitiki mu Rwanda babashije gukora ibikorwa bitandukanye by’ubutwari. Agahigo kuri we ni uko kugeza ubu ari we mugore rukumbi wayoboye Guverinoma y’u Rwanda, kuva muri Nyakanga 1993 kugeza yishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Ubwo yari Minisitiri w’intebe w’u Rwanda mu 1993-1994, Uwiringiyimana Agatha yabashije kwerekena ko adashyigikiye ingoma ya Habyarimana, anagaragaza (…)
Mukandasira Caritas, Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda GMO, ushinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina avuga ko kugeza ubu kuba ikibazo k’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kidacika biterwa no kutamenya amategeko arengera uwahohotewe ndetse n’imiterere y’iryo hohoterwa.
Mu mwiherero urwego GMO rwagiranye n’abayobozi b’amadini n’amatorero bareba uburyo bafatanya mu guhangana n’ikibazo k’ihohoterwa rishingiye (…)
Gasabo na Nyarugenge babonye ababahagariye bashya muri Green Party
14 December 2025, by Valens NzabonimanaMushikiwabo nk’umukandida uzahagarira u Rwanda ku buyobozi bwa OIF
13 January 2026, by Valens Nzabonimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.























