Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Alexander Boris de Pfeffel Johnson yatangaje ko kubera impamvu zo kwirinda gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirusi i Bwami mu Bwongereza atazitabira umuhango wo gushyingura Igikomangoma, Orince Philip, akaba n’Umugabo w’Umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth II.
Johnson yavuze ko kubera umubare muke w’abateganyijwe kujya muri ibyo birori kubera kubahiriza inganba zo kwirinda Coronavirusi, yemeye guharira ab’Ibwami hafi cyane bakaba ari bo bazajya gushyingura (…)
Igikomangoma Philip yavukiye muri Corf mu Bugereki ahabwa ubwenegihugu bw’ Ubugereki ku wa 10 Kamena 1921. Aho avuka harimo abo mu muryango w’ abami ba Danmark, Ubudage, Uburusiya n, Ubwongereza. Igikomangoma Philip niwe muhungu wenyine w’Igikomangoma Andrew n’umwamikazi Alice w’ i Battenberg
Amashuri ye yayigiye mu Bufaransa mu ishuri ry’ Abanyamerica ryitwa Maclanett I ST- Cloud ndetse akomereza muri Gordonstoun
Ahagana mu 1947, igikomangoma Philip nibwo yashakanye n’Umwamikazi (…)
Mu cyumweru gishize twabagejejeho inkuru y’Umuraperi Earl Simmons wamenyekanye mu muziki nka DMX, ko ari mu bitari i New York arembejwe no kwihata ibiyobyabwenge byinshi umutima ugahagarara akagwa mu kinya, kizwi nka Koma, none amaze guhitanwa nabyo.
Ibitangazamakuru byo muri Amerika byanditse ko DMX yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu azize uburwayi bw’umutima.
DMX wari ufite imyaka 50 y’amavuko, kuva ku wa 2 Mata 2021, yari arwariye mu bitaro indwara y’umutima yaturutse ku gukoresha (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Mata 2021 Perezida Paul Kagame yakiriye Prof. Vincent Duclert, umushakashatsi wamuzaniye raporo icukumbuye yakoze ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni raporo y’amapaji arenga 1000 yakozwe n’itsinda rya Komisiyo yari iyobowe na Duclert ari nawe raporo yitiriwe. Iherutse gushyirwa ahagaragara muri uku kwezi kwa Kane ariko ikaba yatarangiye gushimwa n’impande zombi ko ije gukuraho urujijo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside (…)
Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, IRMCT, rwongeye gusaba Guverinoma ya Zimbabwe gushyikiriza ubutabera Mpiranya Protais w’imyaka 60 y’amavuko, ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ni ubusabe bwongeye gutangwa n’ubushinjacyaha bw’urucrwego, bwotsa igitutu Zimbabwe nyuma yo kuaragaza ko yatereye agati mu ryinyo.
Mpiranya yari umusirikare ndetse akaba ari nawe wari ukuriye abarindaga Perezida Habyarimana. Amaze imyaka (…)
Igikomangoma Philip usanzwe ari umugabo w’Umwamikazi Elisabeth II w’u Bwongereza yitabye Imana ku myaka 99 y’amavuko.
Urupfu rwa Philip rwamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Mata 2021.
Igikomangoma Philip yari amaze iminsi arwaye. Amaze imyaka 65 ashakanye n’Umwamikazi Elizabeth II.
Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza yatangaje ko Philip yabereye Umwamikazi Elisabeth II umugabo mwiza, amuba hafi mu bihe byose amaze ategeka ubwami bw’u Bwongereza kandi aba umwe mu bantu bakomeye mu (…)
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Buyapani rugiye gusubukura ibikorwa byarwo mu Rwanda nyuma y’umwaka bihagaze kubera icyorezo cya Coronavirus.
Byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 8 Mata 2021, ubwo urubyiruko ruri mu Ihuriro ry’abakorerabushake bo mu Buyapani Japan Overseas Cooperation Volunteers(JOCV) rwasuraga umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Prof Manasseh Nshuti.
Ni nabwo baboneyeho gutangaza ko (…)
Mu rwego rwo gukomeza kumenyekanisha amateka ya Jenoside ku isi hose no gusobanura ukuri kwayo, u Rwanda rugiye kubaka urwibutso rwa Jenoside mu Buholandi binyuze muri ambasade yarwo iri Amsterdam mu murwa mukuru.
Byagarutsweho kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Mata 2021 na Ambasaderi Olivier Jean Patrick Nduhungirehe uhagarariye u Rwanda muri icyo gihugu, asobanura uko batangiye gahunda ya Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amb. Nduhungirehe yavuze ko u Buholandi urebye (…)
Ubwo yatangizaga gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakirewe Abatutsi mu 1994, Perezida Kagame Paul yatangaje ko Abanyarwanda bakomeje kurushaho kunga ubumwe nk’iki gihe batitaye ku bashaka kubarangaza.
Ni mu byo yagarutseho mu ijambo ry’ubutumwa yageneye uyu munsi u Rwanda rutangiye icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi kibanziriza iminsi 100 y’igihe Jenoside yakozwemo ku mugaragaro.
Perezida Kagame yavuze ko Kwibuka ari inkingi ikomeye mu bigize (…)
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bacana urumuri rw’icyizere cyerekana ahazaza h’Abanyarwanda.
Ni umuhango wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo imibiri ibihumbi 259 yakuwe mu Turere twa Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.
Itriki ya 7 Mata yemejwe nk’Umunsi Mpuzamahanga ngarukamwaka Isi yose yibukaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















