Kuri uyu wa mbere, Nyakubahwa perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaze kugera i Abidjan muri Cote d’Ivoire aho yitabiriye nama y’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika (Africa CEO Forum), igaruka ku iterambere ry’Umugabane wa Afurika binyuze mu nzego z’abikorera.
Ni inama yitabirwa n’abarenga 2000 barimo Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobora ibigo by’abikorera, abo mu nzego zifata ibyemezo n’abandi baturutse mu bihugu bisaga 70.
Perezida wa Mauritania, Mohamed Ould Ghazouani, uwa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, uwa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye n’abandi bamaze kugera i Abidjan.
Abandi bayobozi bagomba kwitabira iyi nama barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ndetse na Perezida wa Ghana John Dramani Mahama.






















