Bamwe mu baturage batuye mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko impamvu hakiri abana bakoreshwa imirimo ivunanye arukubera baba babuze ibibatunga bihagije, hanyuma nabo bakajya kwishyiriraho akabo ngo bunganire ababyeyi babo.
Imwe mu mirimo aba bana bakora harimo nko kwikorera umucanga, icyakora aba baturage kagaragaza ko aba bana bakora aka kazi kavunananye ari nk’amaburakindi bigendanye n’ubuzima buba butaboroheye baba babayemo, nkuko bishimangirwa kandi n’umuturage umwe twaganiriye.
Yagize ati " Iyo wananiwe umwana wawe yagiye nawe aragufasha, nonese yaba yikoreye nuwo mucanga ntagufashe?Aragufasha, yakoreye 200 nawe wakoreye 500, murongeranya ubuzima bugakomeza.
Ubwo umunyamakuru wa MamaUrwagasabo TV, yagera aha, yasanze hari abaturage bari kwikorera umucanga icyakora harimo n’abagaraga ko ari n’abana nabo bari gukora kano kazi.
Undi muturage nawe wunganira uyu, nawe ugaragaza ko abana bajya bashyiraho akabo mu kugunganira ababyeyi babo.
Byukusenge Alegisiya, nawe utuye muri uyu Mudugudu wa Matembe mu Kagari ka Terimbere ho mu Murenge wa Nyundo, asanga hari ubwo umwana ajya gukora akazi nkaka yagiye gushaka ibitunga urugo.
Ati " Aba yagiye gushaka ibitunda urugo kuko aba ari kubona, ntabwo yaburara kabiri, gatatu, ubuzima turimo burashariye, ubwo iyo yaburiye hamwe ajya ahandi."
Icyakora nubwo bimeze gutya Leta y’u Rwanda yagiye igaragaza ko itemera abakoresha abana imirimo ivunanye, dore ko usibye ko ishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwabo, ndetse ishobora no kugira ingaruka nkizo ku myigire yabo.
Ubwo twategura iyi nkuru, twashatse kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri kino kibazo, gusa Nyiransengiyumva Monique, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, atumenyesha ko atari kuboneka.




















