Umukecuru Mukanka Olive warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, akaba atuye mu Mudugugudu wa Rwumvangoma Akagari ka Giheke mu murenge wa Giheke, tarikiya ya 20 Nyakanga 2025 basanze bamukuriye ibijumba mu murima we. Nanone mu ijoro rya tariki ya 21 zishyira 22 , abantu bataramenyekana nabwo baje iwe bahatera imisaraba ibiri. Ibi byose byakozwe adahari yagiye i kigali kwivuza.
wagerageje kuvugana n’umuyobozi wa Akarere ka Rusizi , Sindayiheba Phanuel ariko ntiyatwitaba gusa yasubije ubutumwa bugufi twamwandikiye.
Yagize ati "Wiriwe?
Ayo makuru natwe twayamenye kandi inzego ziri kubikurikirana.
Dutegereje ibizava mu iperereza.
Murakoze"
Si ubwa mbere havugwa ingengabitekerezo ya Jenoside muri aka karere kuko mu mpera z’ukwezi kwa gatanu, ubuyobozi bw’akarere bwatangaje ko Kuva muri Mutarama 2025 kugera muri Gicurasi 2025, mu Karere ka Rusizi hagaragaye ibirego 14 by’ingengabitekerezo ya Jenoside, hafatwa abantu 16.
Ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside byagaragaye muri aka Karere ka Rusizi, harimo gutera amabuye ku nzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, amagambo ashengura imitima y’abarokotse Jenoside, kubahohotera, n’ikirego cy’uwarokotse Jenoside wasanze hafi y’iwe yishwe.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rusizi, SSP Karagire Gaston yavuze ko mu busesenguzi bakoze basanze icyongereye ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside ari bamwe mu bayigizemo uruhare bari kurangiza ibihano bakatiwe n’inkiko, bagafungurwa ariko batarigeze bemera icyaha.




















