Mu gihe ibihugu bitari bike hu isi bigihangayikishijwe no kubona inkingo za coronavirus nibura zakingira 60% by’abafurage babyo, Ubushakashatsi bwagaragaje ko kuvanga inkingo zitandukanye muri buri doze imwe igiye guterwa umuntu byarushaho gutanga ubwirinzi bw’umubiri kuri virusi kurusha uko waterwa doze y’urukingo rumwe.
Ni Ubushakashatsi bwiswe Com-Cov, bw’Abongereza bwagaragaje iyo nkuru nshya, mu gihe urukingo rwabo rwa AstraZeneca rutari kuvugwaho rumwe mu gukingira Covid-19.
Igerageza ry’ubwo bushakashatsi ryagaragaje ko abantu bamaze guhabwa doze ebyiri z’urukingo rumwe rwa AstraZeneca barushaho kugira ubwirinzi bw’umubiri butajegajega mu gihe bahabwa urundi ruvange rw’inkingo nibura ebyiri muri buri doze.
Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe ubuvuzi mu Bwongereza, Prof. Jonathan Van-Tam yavuze ko nta mpamvu yo guhindura gahunda yo gutanga urukingo uko byari bisanzwe bikorwa, kuko abahawe inkingo bameze neza kandi bifasha ubuzima bwabo, gusa avuga ko ibyo ubwo bushakashatsi bwagaragaje batabitesha agaciro ahubwo bagiye kubyigaho.
Ati "Kuvanga inkingo bishobora kudufasha mu koroshya iyi gahunda bikanafasha ibihugu ariko nako ibishaka kwihutisha gukingira."
Kugeza ubu ibihugu bimwe biri gukoresha uruvange rw’inkingo. Igihugu nka Espagne n’Ubudage bari gutanga urukingo rwa Pfizer cyangwa Modern a mRNA nk’urukingo bavanga mu rundi ku bakiri bato batewe urwa AstraZeneca.
Ubu bushakashatsi buvuga ko "Doze ebyiri ziba ari ingenzi mu gutanga ubwirinzi bwuzuye kandi byigisha umubiri kwikorera ibirinda umubiri n’uturemangingo dufasha mu gukumira no kwica covid".
Bwarebye Kandi ku guha doze mu byumweru bine ku bakorerabushake 850 babyemeye bafite imyaka kuva kuri 50 y’amavuko kuzamuka, bigaragara ko: Urukingo rwa AstraZeneca rukurikiwe n’urwa Phizer bizamura ubwirinzi bw’umubiri n’uturemangingo cyane kuruta uko wabanze guha umuntu Phizer ugakurikizaho AstraZeneca. Ibyo ngo boba byiza kurusha uko Waha umuntu doze ebyiri za AstraZeneca yonyine.
Umuhanga wayoboye ubwo bushakashatsi, Prof. Mathew Snape wo muri kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza, yavuze ko ibyo babonye bidaca amazi gahunda y’igihugu cye mu gukingira abantu.
Ati "Kugeza ubu twese tuzi ko gahunda zihari zizewe ku cyorezo no kuvura abantu byaba no kuri virus yihinduranyije ya Delta igihe uhawe urukingo ku byumweru nibura 12."
Akomeza avuga ko ariko bibaye byiza kuvanga doze z’inkingo nabyo byafasha kurusha nubwo byo birushaho kuba byiza mu byumweru 4 Aho kuba 12 nk’uko bikorwa iwabo mu Bwongereza.


















