MUTUNGIREHE SAMUEL
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yitandukanyije n’abamushinja kuba umuterankunga b’ingabo za leta ya Tigray, zihanganye n’iza Guverinoma ya Ethiopia, mu ntambara imaze iminsi.
Tigray ni imwe muri leta 9 zigize Ethiopia iherereye mu Majyaruguru ikaba ituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni esheshatu.
Kuva Guverinoma ya Ethiopia yasubika igikorwa cy’amatora cyari kuba muri uyu mwaka kubera icyorezo cya covid-19, Ishyaka ry’iyi Leta rya Tigray People’s Liberation Front, TPLF, ryabiteye utwatsi ryanga icyo kemezo rikoresha amatora muri iyo leta.
Kuva ubwo Guverinoma ya Ethiopia ishinja ishyaka riyoboye iyo Leta, Tigray People’s Liberation Front, kwigomeka kuri guverinoma y’igihugu. Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed, yagezeho ategeka ingabo za guverinoma ya Ethiopia kugaba ibitero ku ngabo za leta ya Tigray imirwano itangira ubwo.
Mu minsi ishize, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Birhanu Jula, yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, ko Dr. Tedros ku giti cye ari umunyamuryango wa ririya shyaka rya leta ya Tigray kandi ari n’umunyabyaha.
Uyu Dr. Tedros yavukiye muri iriya Leta ya Tigray; mbere yuko aba Umuyobozi Mukuru wa OMS yabaye Minisitiri w’Ubuzima wa Ethiopia yigeze kuba na minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga hagati ya 2005 na 2016.
Icyo gihe Guverinoma ya Ethiopia yari iyobowe n’Ihuriro ry’amashyaka rirangajwe imbere n’ishyaka TPLF, ryayoboye igihugu kugeza ubwo Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed yajyaga ku buyobozi mu 2018.
Umugaba Mukuru w’ingabo za Ethiopia Birhanu yashinje Tedros gukoresha ijambo afite ku rwego mpuzamahanga, akabyifashisha mu gufasha ishyaka rya TPLF mu buryo bwa dipolomasi no kubaha intwaro.
Dr. Tedros yireguye ate?
Mu itangazo Dr Tedros yasohoye kuri Twitter ku munsi w’ejo tariki ya 19 Ugushyingo 2020, yavuze nta ruhande na rumwe abogamiyeho muri iyo mirwano.
Yagize ati "Umutima wanjye ushenguwe n’ibiri kubera iwacu, Ethiopia, kandi ndahamagarira amashyaka yose guharanira amahoro no kubungabunga umutekano w’abasivile bakabasha kugera ku bikorwa by’ubuzima n’ububatabi ku babukeneye.
Mbabajwe cyane cyane na raporo zivuga ko hari umubare munini w’abaturage bari kuvanwa mu byabo bashakira ubuhunzi mu bihugu bituranyi. Mu gihe isi irimo guhangana n’icyorezo nanjye ndi gusabwa cyane kwita ngaruka kiri kugira ku buzima.”
Dr Tedross yakomeje avuga ko kuva akiri umwana atigeze abona na rimwe intambara izana ikindi kintu kitari ugusenya, bityo ahakanira kure ko nta ruhare na ruto afite muri ibyo biri kuba.
Ati “Ibyo si ukuri, kandi ndashaka kuvuga ko ndi ku ruhande rumwe gusa ari rwo ruhande rw’amahoro. Isi yose ikeneye amahoro ku buzima kandi ubuzima bufite amahoro.”
Kugeza ubu abatari bake bamaze guhunga Trigray, abagera ku 4000 ku munsi, berekeza muri Sudani abandi batari bake b’abasivile baguye muri iyo mirwano kuva mu ntangiriro z’uku kwezi, ni mu gihe Sudani nayo iri kuvuga ko impunzi z’Abanyatiyopia zihunga imirwano ziri kuyibana nyinshi.

















