Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Umuyobozi wa OMS Dr. Tedross yireguye ku wamushinje gushyigikira ingabo zigumuye kuri Guverinoma ya Ethiopia

Friday 20 November 2020
    Yasomwe na

MUTUNGIREHE SAMUEL

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yitandukanyije n’abamushinja kuba umuterankunga b’ingabo za leta ya Tigray, zihanganye n’iza Guverinoma ya Ethiopia, mu ntambara imaze iminsi.

Tigray ni imwe muri leta 9 zigize Ethiopia iherereye mu Majyaruguru ikaba ituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni esheshatu.

Kuva Guverinoma ya Ethiopia yasubika igikorwa cy’amatora cyari kuba muri uyu mwaka kubera icyorezo cya covid-19, Ishyaka ry’iyi Leta rya Tigray People’s Liberation Front, TPLF, ryabiteye utwatsi ryanga icyo kemezo rikoresha amatora muri iyo leta.

Kuva ubwo Guverinoma ya Ethiopia ishinja ishyaka riyoboye iyo Leta, Tigray People’s Liberation Front, kwigomeka kuri guverinoma y’igihugu. Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed, yagezeho ategeka ingabo za guverinoma ya Ethiopia kugaba ibitero ku ngabo za leta ya Tigray imirwano itangira ubwo.

Mu minsi ishize, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Birhanu Jula, yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, ko Dr. Tedros ku giti cye ari umunyamuryango wa ririya shyaka rya leta ya Tigray kandi ari n’umunyabyaha.

Uyu Dr. Tedros yavukiye muri iriya Leta ya Tigray; mbere yuko aba Umuyobozi Mukuru wa OMS yabaye Minisitiri w’Ubuzima wa Ethiopia yigeze kuba na minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga hagati ya 2005 na 2016.

Icyo gihe Guverinoma ya Ethiopia yari iyobowe n’Ihuriro ry’amashyaka rirangajwe imbere n’ishyaka TPLF, ryayoboye igihugu kugeza ubwo Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed yajyaga ku buyobozi mu 2018.

Umugaba Mukuru w’ingabo za Ethiopia Birhanu yashinje Tedros gukoresha ijambo afite ku rwego mpuzamahanga, akabyifashisha mu gufasha ishyaka rya TPLF mu buryo bwa dipolomasi no kubaha intwaro.

Dr. Tedros yireguye ate?

Mu itangazo Dr Tedros yasohoye kuri Twitter ku munsi w’ejo tariki ya 19 Ugushyingo 2020, yavuze nta ruhande na rumwe abogamiyeho muri iyo mirwano.

Yagize ati "Umutima wanjye ushenguwe n’ibiri kubera iwacu, Ethiopia, kandi ndahamagarira amashyaka yose guharanira amahoro no kubungabunga umutekano w’abasivile bakabasha kugera ku bikorwa by’ubuzima n’ububatabi ku babukeneye.

Mbabajwe cyane cyane na raporo zivuga ko hari umubare munini w’abaturage bari kuvanwa mu byabo bashakira ubuhunzi mu bihugu bituranyi. Mu gihe isi irimo guhangana n’icyorezo nanjye ndi gusabwa cyane kwita ngaruka kiri kugira ku buzima.”

Dr Tedross yakomeje avuga ko kuva akiri umwana atigeze abona na rimwe intambara izana ikindi kintu kitari ugusenya, bityo ahakanira kure ko nta ruhare na ruto afite muri ibyo biri kuba.

Ati “Ibyo si ukuri, kandi ndashaka kuvuga ko ndi ku ruhande rumwe gusa ari rwo ruhande rw’amahoro. Isi yose ikeneye amahoro ku buzima kandi ubuzima bufite amahoro.”

Kugeza ubu abatari bake bamaze guhunga Trigray, abagera ku 4000 ku munsi, berekeza muri Sudani abandi batari bake b’abasivile baguye muri iyo mirwano kuva mu ntangiriro z’uku kwezi, ni mu gihe Sudani nayo iri kuvuga ko impunzi z’Abanyatiyopia zihunga imirwano ziri kuyibana nyinshi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru