Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Abaprotestanti babujije amavuriro yabo gukuramo inda

Friday 17 February 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Samuel Mutungirehe

Amadini n’imiryango bigize Inama y’Abaporotestanti mu Rwanda, CPR, basabye abakora mu bitaro byabo n’ibigo nderabuzima kwirinda gufasha umuntu ushaka gukuramo inda ku bushake.

Bavuga ko nubwo abaganga bafite inshigano zo gutabara ubuzima, hatagomba gukorerwa ’icyaha’ cyo gukuramo inda.

Ni imyanzuro yavuye mu Nama yateraniyemo abavugizi b’amatorero n’imiryango ya gikirisitu ibarizwa muri CPR tariki ya 7-9 Gashyantare 2023 ihuriyemo abagera kuri 26.

Abaprotestanti basabye abakiristo bose gukomera ku ihame ryo guha agaciro no kurengera ubuzima bw’umwana kuva agisamwa, bakazirikana ko ubuzima bwe "mu nda y’umubyeyi ari ntavogerwa kandi ko ari ishusho y’Imana."

Bakomeza bati "Turasaba abakora mu Bitaro no mu Bigo nderabuzima by’amatorero y’Abaporotesitanti bagize CPR ko bafite inshingano zo gukora ibishoboka byose bigamije gukiza ubuzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, ku buryo uwabubura wese muri uwo mwanya bitaba aribyo byari bigambiriwe, ahubwo ari ugutabara ubuzima.”

"Turamenyesha abakora mu Bitaro no mu Bigo Nderabuzima by’Amatorero y’Abaporotesitanti bagize CPR, ko turemera ko hakorerwa icyaha cyo gukuramo inda ku bushake."

Bavuze ko umuntu wese ukuyemo inda ku bushake kimwe n’umufashije kuyikuramo, “bombi baba baciye ku itegeko ry’Imana ribuza kwica, kandi ko amaherezo bigira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe bw’ababikoze kuko bahora bicira urubanza rwo kuvutsa umuntu ubuzima.”

Basaba ahubwo abashumba bayoboye amatorero kugira uruhare mu kwigisha no gufasha abakirisitu kwirida icyaha cyo gukuramo inda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru