Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Abaprotestanti babujije amavuriro yabo gukuramo inda

Friday 17 February 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Samuel Mutungirehe

Amadini n’imiryango bigize Inama y’Abaporotestanti mu Rwanda, CPR, basabye abakora mu bitaro byabo n’ibigo nderabuzima kwirinda gufasha umuntu ushaka gukuramo inda ku bushake.

Bavuga ko nubwo abaganga bafite inshigano zo gutabara ubuzima, hatagomba gukorerwa ’icyaha’ cyo gukuramo inda.

Ni imyanzuro yavuye mu Nama yateraniyemo abavugizi b’amatorero n’imiryango ya gikirisitu ibarizwa muri CPR tariki ya 7-9 Gashyantare 2023 ihuriyemo abagera kuri 26.

Abaprotestanti basabye abakiristo bose gukomera ku ihame ryo guha agaciro no kurengera ubuzima bw’umwana kuva agisamwa, bakazirikana ko ubuzima bwe "mu nda y’umubyeyi ari ntavogerwa kandi ko ari ishusho y’Imana."

Bakomeza bati "Turasaba abakora mu Bitaro no mu Bigo nderabuzima by’amatorero y’Abaporotesitanti bagize CPR ko bafite inshingano zo gukora ibishoboka byose bigamije gukiza ubuzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, ku buryo uwabubura wese muri uwo mwanya bitaba aribyo byari bigambiriwe, ahubwo ari ugutabara ubuzima.”

"Turamenyesha abakora mu Bitaro no mu Bigo Nderabuzima by’Amatorero y’Abaporotesitanti bagize CPR, ko turemera ko hakorerwa icyaha cyo gukuramo inda ku bushake."

Bavuze ko umuntu wese ukuyemo inda ku bushake kimwe n’umufashije kuyikuramo, “bombi baba baciye ku itegeko ry’Imana ribuza kwica, kandi ko amaherezo bigira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe bw’ababikoze kuko bahora bicira urubanza rwo kuvutsa umuntu ubuzima.”

Basaba ahubwo abashumba bayoboye amatorero kugira uruhare mu kwigisha no gufasha abakirisitu kwirida icyaha cyo gukuramo inda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru