Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Nyagatare: Gitifu ntiyaguha serivisi ntakantu umuhaye niko hano tubayeho

Thursday 16 October 2025
    Yasomwe na

Abaturage batuye mu kagari ka Kabungo mu murenge wa Kiyombe bavuga ko bahangayikishijwe n’umunyamabanga nshingabikorwa w’aka kagari ubaka amafaranga kugira ngo bahabwe serivisi bemerewe, aho ayo mafaranga bakwa yitwa ko ari aya Ejo heza nyamara ntibahabwe ubutumwa bugufi bubabwira ko bamaze kwizigamira.

Ni abaturage batuye mu kagari ka Kabungo mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare, bavuga ko bazengerejwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’aka kagari ubasaba amafaranga ya Ejo heza ngo abone kubaha serivisi baba baje gushaka bamara kuyatanga bagategereza ubutumwa bugufi bahabwa bagaheba.

Uwitwa Muhawenimana mu magambo yagize ati’’reba ejo bundi twagombaga guhabwa amashiga ariko kugira ngo gitifu ayaguhe yakubwiraga ko ubanza gutanga amafaranga ayita ngo ni Ejo heza twarayamuhaye kandi ntabwo twigeze tubona mesaje’’.

Naho uwitwa Kamana Jean yagize ati’’nge ubikubwira sindimo kukubeshya hano guhabwa serivisI bisaba gutanga akantu niko bimeze bitari ibyo ntacyo ubuyobozi bugufasha’’.

Uyu muyobozi ushinjwa n’aba baturage yirinze kugira icyo avuga maze abwira itangazamakuru ko umurenge byose ubizi ko bityo atabibazwa. Yagize ati’’amakuru yose y’ibyo nkora afitwe n’umurenge ubwo rero ndumva mwabaza ubuyobozi bw’umurenge’’.

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Gasana Stephen, avuga ko bitemewe ko amafaranga umuturage yizigamira ahabwa umuyobozi bityo ko bagiye kubikurikirana bigakemuka.

Mu magambo ye yagize ati’’ntabwo umuturage agomba gutanga amafaranga ya Ejo heza ngo ayahe umuyobozi gusa ndaza gukurikirana ndebe’’.

Ni kenshi abaturage banenga serivisi bahabwa n’ubuyobozi bw’ibanze cyane cyane mu tugari ndetse n’imirenge aho usanga umuturage akubiranywa n’abayobozi ahanini bitewe no kudasobanukirwa.

HAKIZIMANA Fisto.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru