Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Ubukarabiro bwahindutse ikimoteri

Thursday 16 January 2025
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera, Mu Murenge wa Rugarama barasaba ubuyobozi kwita ku bukarabiro bwo kunoza isuku bwahindutse ikimoteri.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa Mamaurwagasabo TV ubwo yageraga ku isoko rya Rugarama ahubatse ubu bukarabiro asanga busigaye bujugunywaho imyanda.

Umwe mu baturage witwa Niyomwungeri yagize ati: "Ubu bukarabiro bwahindutse nk’ingarani, basigaye babwihagarika impande, twasaba ubuyobozi ko bwashyiramo imbaraga bakabwitaho bukagira isuku"

Ku bukarabiro usangaho ibikongorwa by’ibisheke

Undi muturage yagize ati: "Nabonye icyorezo cya Covid-19 gicogoye ntibongera kwita ku bukarabiro, baterera iyo; abantu basigaye bajya kwihagarika hariya inyuma y’ubukarabiro ugasanga ari ikibazo gikomeye, isuku yari ikwiye kuba umuco uranga abantu igihe cyose."

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge was Rugarama, Bwana Egide Ndayisaba yavuze ko barimo kuganira n’abikorera bibimbiye muri PSF kugira ngo bazafatanye mu gusana ubu bukarabiro.

Ati: "Kubera ko amazi atahagera byatumye ubu bukarabiro bwangirika ariko turimo kuganira n’abikorera (PSF) kugira ngo turebe ko twabusana bukomgera gukora, kandi turashishikariza abaturage bacu kugira umuco wo kwita ku isuku ahantu hose."

Inyuma y’ubukarabiro bahagize ubwiherero

Ubu bukarabiro bwa Rugarama bwashyizweho na Minisiteri y’ubuzima (RBC) ubwo mu Rwanda no Ku Isi hose hari hadutse icyorezo cya Covid-19 hashyirwaho amabwiriza yo gukaraba intoki mu rwego rwo kwirinda kwanduzanya, gusa icyorezo kimaze gucisha make hirya no hino ubukarabiro bwinshi ntibwongeye kwitabwaho usanga bwaragiye bwangirika.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru