Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Lt Gen de Police Ndirakobuca yasezerewe mu gipolisi

Tuesday 20 May 2025
    Yasomwe na

Tariki ya 9 Gicurasi 2025, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’igihugu, yashyize umukono ku cyemezo gisezerera burundu Lieutenant Général de Police Gervais Ndirakobuca muri Polisi y’u Burundi.

Muri iryo teka, hanasezerewe Général Major de Police Générose Ngendanganya, wari uyoboye Komisiyo ishinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto n’inini, ikorera muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu.


Ndirakobuca asanzwe ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi.


Gervais Ndirakobuca, w’imyaka 55, azwi nk’umwe mu bayobozi bakomeye b’umutwe witwaje intwaro wa CNDD-FDD warwanye intambara yahanganishije amoko mu Burundi hagati ya 1993 na 2005.

Nyuma y’amasezerano y’amahoro ya Arusha, ubwo Perezida Pierre Nkurunziza yajyaga ku butegetsi, Ndirakobuca—wari uzwi ku izina rya “Ndakugarika”—yinjiye muri Polisi y’igihugu hamwe n’abandi bafatanyije urugamba.

Mu myaka yakurikiyeho, yagiriye mu myanya itandukanye ikomeye mu nzego z’umutekano zirimo kuba Umujyanama mu biro by’Umukuru w’Igihugu ushinzwe ibikorwa bya Polisi, Umuyobozi wungirije ndetse n’Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubutasi (SNR), ndetse aba n’Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu.

Ndirakobuca yanagize uruhare ruvugwa mu bikorwa byo guhangana n’imyigaragambyo yo mu 2015, yari yamaganaga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza.

Kuva muri Kamena 2020 kugeza muri Nzeri 2022, yari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, aho yaje gusimburwa mu nshingano zo kuba Minisitiri w’Intebe umwanya yakomejeho kugeza ubu.


Mu 2022 yagizwe minisitiri w’intebe asimbuye Alain Guillaume Bunyoni.


Izo nshingano zombi yazisimbuyemo Général de Police Alain Guillaume Bunyoni, uri mu maboko y’ubutabera akurikiranweho ibyaha birimo kugambanira igihugu.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru