Monday . 24 March 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 15 March » Ingabo kabuhariwe z’u Rwanda zabonye umuyobozi mushya – read more
  • 14 March » Nyamasheke: abatuye ku kirwa cya Kirehe ntibazi nimba meya ari umugabo cg umugore – read more
  • 14 March » Rubavu: Umufuka w’ibitunguru wavuye ku bihumbi 140 ugera kuri 6, hari abashobora kwiyahura – read more
  • 14 March » Nyamasheke: Uwarokotse jenoside yatemewe ibiti 38 bya kawa biza bisanga ibindi yakorewe – read more
  • 11 March » Rubavu: Nubwo bishyira ubuzima bwabo mu kaga, abanyozi banze kureka gutwara bafashe ku makamyo – read more

Rubavu: Basabwe kugaragaza ahari imibiri y’abatarashyinguwe mu cyubahiro

Thursday 11 April 2024
    Yasomwe na


Mu murenge wa Nyundo, mu karere ka Rubavu kimwe n’handi mu gihugu hibutswe ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko, abiciwe hano muri uyu murenge. Basaba abazi aho indi mibiri itaraboneka iri kuyigaragaza ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Nkuko byagarutsweho, gutoteza Abatutsi muri kano gace byatangiye mu mwaka 1959, hanyuma kandi Abatutsi mu myaka 1990 hari abishwe, bigeze mu 1994 Jenoside ikwira mu gihugu cyose hose, bigeze ku Nyundo kubahiga birushaho.

Umunyamabanga wa Ibuka mu karere ka Rubavu, Nzitonda Olivier, yaboneye ho gusaba abazi aho imibiri y’abahigwaga iri kuyihagaragaza, igashyingurwa mu cyubahiro.

Ati: "Abazi aho abacu bajugunywe nibabatwereke, nibashobore batubohore".

Musenyeri Mwumvaneza Anaclet, wa Diyodeze ya Nyundo, yagarutse ku kamaro ko kwibuka, asaba ko uko twibutse twajya tubikuramo isomo, n’imigambi myiza, twubaka u Rwanda rwiza dushaka.

Muri uyu muhango kandi, hagarutswe kubagize uruhare mu kurokora abahigwaga, harimo uwari Musenyeri wa Diyoseze ya Nyundo, Wenceslas Karibushi, nkumwe wakomeje kutsimbarara ku bari bahungiye kuri Katederali ya Nyundo ngo ntibicwe, ariko bakaza kuhamwimura bamujyana i Gisenyi, hanyuma Abatutsi bari bahari basaga 500 baricwa urw’agashinyaguro.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, akaba n’imboni y’akarere ka Rubavu, yasabye urubyiruko by’umwihariko kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati: "Abakoze Jenoside muri iki gice byaraboroheye guhita bambukira hakurya muri DRC, ndetse bakomeje n’ingengabitekerezo ya Jenoside, nuyu munsi mujya mukurikira ibyo bavuga ndetse nibyo bakorera Abatutsi baba muri kiriya gice cya Congo. Kuri bo Jenoside bakoreye hano mu Rwanda bumva batarayishoje, niyo mpamvu twabigarutseho uyu munsi, dushishikariza urubyiruko cyane ko ari bo benshi batuye uru Rwanda, bagomba guharanira ubumwe abanyarwanda imyaka 30 tumazemo".

Muri uru rwibutso rwa Jenoside yakorwe Abatutsi, rwari rusanzwe rushyinguyemo imibiri isaga 10 060, hongeweno indi 7 yabonetse, nayo yashyinguwe mu cyubahiro. Aha hakaba hariciwe Abatutsi bo mu bice bitandukanye, harimo ku Nyundo, abaturutse mu cyahoze ari Komine Kanama, ndetse na Kayove.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru