Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru RBA rwatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 05 Nzeri 2021, kizagirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame.
Byatangajwe mu itangazo ryatangajwe ku rukuta rwa Twitter rwa RBA kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Nzeri 2021.
Iri tangazo rirarika abantu kuzakurikirana iki kiganiro, rigira riti “Tubararikiye Ikiganiro cyihariye Perezida Paul Kagame azagirana na RBA ku Cyumweru. Iki kiganiro kizanyura ku bitangazamakuru byacu no ku mbuga nkoranyambaga guhera 11:00.” (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze babiri barimo umusore w’imyaka 23 ukurikiranyweho icyaha cyo gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta, gukubita no gukomeretsa ku bushake no kwigomeka ku buyobozi ndetse n’Umukuru w’Umudugudu w’Ikoni mu Karere ka Bugesera ukurikiranyweho ubufatanyacyaha.
Aba bombi bafashwe mu bihe bitandukanye, ku wa 29 Kanama no ku wa 1 Nzeri 2021.
Uyu musore watawe muri yombi akekwaho gukubita inkoni Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, (…)
Mutungirehe Samuel
Kuri Uyu wa Kane Guverinoma y’u Rwanda yakiriye inkingo 108,000 z’urukingo rwa COVID-19 zo mu bwoko bwa Johnson & Johnson, nk’icyiciro cya mbere cy’inkingo 2,191,000 yaguze binyuze muri gahunda yo kugura no gukwirakwiza inkingo mu bihugu bya Afurika, izwi nka AVAT.
Binyuze muri iyo gahunda yiswe The African Union’s African Vaccine Acquisition Trust (AVAT), umugabane wa Afurika uheruka kugura inkingo miliyoni 400 za Johnson & Johnson, zizafasha ibihugu byawo (…)
Kuri Uyu wa Kane hazindutse havugwa urupfu rw’Umuhanzi Tuyishime Joshua, wabaye icyamamare igihe kinini ku izina rya Jay Polly, washizemo umwuka azize uburwayi.
Abantu batandukanye bakomeje kubabazwa no gutungurwa n’uburyo uyu muhanzi waguye ku Bitaro bya Muhima yashizemo umwuka ku myaka 33 amaze ku Isi, mu gihe we na bagenzi be bari bategerejwe kwitaba urukiko taliki ya 2 Ukuboza 2021.
Jay Polly yari amaze igihe afumgiye muri Gereza ya Nyarugenge, iri I Mageragere, ari naho yavaga agiye (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Dr Bizimana Jean Damascene Minisitiri wa Minisiteri nshya, y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, mu gihe Busingye Johnston wari Minisitiri w’ubutabera yamwohereje kuba ambasaderi w’ u Rwanda mu Bwongereza.
Ni zimwe mu mpinduka zabaye muri bayobozi bakuru zatangajwe na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Kanama 2021.
Dr Bizimana Jean Damascene yari umwe mu banyapolitiki b’u Rwanda (…)
Mutungirehe Samuel
Minisiteri y’’Ubuzima yatangaje ko yongeye gusubukura gahunda yo gutanga urukingo rwa COVID19 ku bafite imyaka 18 kuzamura, doze zose, guhera kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Nzeri 2021.
Ni nyuma yo kumara iminsi ine babwiwe ko gutanga urukingo rwa mbere ku bafite imyaka kuva kuri 18 kuzamura bibaye bisubitswe ku bashaka doze ya mbere, bagategerezaigihe hazabonekera izindi nkingo, keretse abahabwa doze ya kabiri.
Ku bari mu ntara hanze y’Umujyi wa Kigali bo ibikorwa (…)
Muri Afurika y’Epfo hagaragaye ubundi bwoko bushya bwa coronavirusi yihinduranyije, Variant, bwahawe izina rya C.1.2 burushaubukana Delta imaze iminsi ikangaranyije isi mu kwandura vuba no kwica vuba.
Ubu bwoko bwa C.1.2, ku nshuro ya mbere bwagaragaye mukwezi kwa Gatanu uyumwaka ariko bikomeza kwigwaho ngo barebe niba koko bushamikiyekuri coronavirus ya mbere.
Ikizwi ngo nabwo bufite ubundi bwinshi buyishamikiyeho. Gusa kugeza ubu ntibiratangazwa niba hari inkenke ubu bwoko bushya (…)
Ambasaderi Habineza Joseph, wamenyekanye nka Joe, yasezeweho bwa nyuma, mu muhango wabereye iwe mu rugo urangwa n’ubuhamya butandukanye bw’abo mu muryango we n’inshuti ze, bose bagarutse ku bumuntu, urukundo no kwitangira bose byamuranze.
Abitabiriye uyu muhango bari bake cyane mu gihe abandi bawukurikiye hifashishijwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo kubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Umubyeyi wa Habineza Joseph yifashishije ijambo ry’Imana riboneka muri Yobu, ubwo (…)
Mu karere ka Rubavu haherutse kurasirwa inka eshanu imwe igapfa z’umugabo witwa Twagirayezu Jean de Dieu, bikozwe n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uba muri Repubuliak Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 30 Kanama 2021, nibwo uyu muturage utuye Mudugudu wa Bereshi, Akagari ka Hehu, mu Murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu, yashumbushijwe izindi nka na Perezida Kagame Paul mu rwego rwo kumufata mu mugongo no kumuremamo ikizere.
Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara (…)
Mutungirehe Samuel
U Rwanda rwihaye gahunda yo kwihutisha ibikorwa byo gutanga inkingo za COVID-19 ku baturage benshi bashoboka, ku buryo uyu mwaka wa 2021 uzarangira hakingiwe abagera kuri 30% by’abatuye igihugu na 90% by’abatuye Umujyi wa Kigali.
Byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse kuri uyu wa Gatandatu asobanura gahunda igihugu gifite mu gukingira icyorezo cya COVID-19.
Yagize ati "Ku nkingo turimo kubona haciye mu buryo (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















