Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje ko abantu 1874 bari bafunzwe bazafungurwa by’agateganyo.
Mu itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama,rigaragaza imyanzuro y’iyo nama, havugwamo ko hashyizweho iteka rya Minisitiri riteganya ifungurwa ry’agateganyo ry’abantu 1874 bari barakatiwe n’inkiko.
Gusa kugeza ubu, ntiharashyirwa ahagaragara urutonde rw’abazarekurwa kandi n’impamvu z’iki cyemezo ntizatangajwe.
Iki cyemezo kije mu gihe Leta y’u (…)
Hari umuturage witwa Nyirandayisenga Gloriose ukomoka mu gihugu cy’Uburundi washakanye n’umunyandarwa, kuri ubu batuye mu karere ka Gisagara mu murenge wa Save mu kagari ka Shyanda, uyu muturage uvuga ko amaze imyaka 19 atarabona ubwenegihugu, Kandi itegeko ribyemera, ibintu avuga ko bituma atagira uburenganzira ku mitungo ndetse n’izindi serivise za Leta. Gloriose Nyirandayisenga ni umuturage twasanze mu kagari ka Shyanda mu murenge wa save mu karere Gisagara, aho avuga ko amaze imyaka 19 (…)
Mu karere ka Gisagara mu murenge wa Musha mu kagari ka Kigarama, abaturage batishoboye baratakamba bavuga ko hashize imyaka ibiri basabwe amafaranga n’ubuyobozi bw’akagari bubizeza guhabwa amafaranga yo gukora imishinga yo kwiteza imbere, ariko bakaba barategereje amaso agahera mu kirere. Abaturage twaganiye batuye mu murenge wa Musha mu kagari ka Kigarama, aha baravuga ko hashize imyaka igera kuri ibiri basabwe amafaranga n’ubuyobozi bw’akagari kugira ngo bahabwe amafaranga y’inkunga yari (…)
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 07 Nyakanga 2025, Bishop Gafaranga yongeye kwitaba urukiko aburana ku bujurire yatanze, nyuma yo kutanyurwa n’imyanzuro y’urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwari rwamukatiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30. Bishop Gafaranga aregwa ibyaha byo gukubita no gukomeretsa ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe, Annet Murava. Ni ibyaha bivugwa ko yabikoreye umugore we ubwe, akaba ari nawe babyaranye umwana. ----
Nk’uko byagenze mu rubanza rw’ibanze, (…)
Ku isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, Turahirwa Moses, ukurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho biteganyijwe ko iburanisha ritangira saa tatu.
Siborurema jean Pierre wari umaze iminsi ibiri avuye kugororerwa Iwawa mu myaka ibiri yarashwe n’Umupolisi ubwo yarwanyaga inzego zashakaga kumufata nyuma yo kuva kwiba umuturage wo mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro.
Siborurema yagiye kwiba umusore uba mu Mudugudu wa Mburabuturo mu Kagari k’Amajyambere mu Murenge wa Kigarama, yica urugi ubundi yinjira mu nzu, atwara ikofi yarimo amafaranga, aniba ibindi bikorero birimo mudasobwa, telefone ebyiri ndetse n’imyambaro.
Uwari uri (…)
Umusore witwa Maniraguha wo mu Mudugudu wa Musagara, akagari ka Gako mu Murenge wa Kagano, ho mu karere ka Nyamasheke biravugwa ko yafashwe agiye kwiba agakubitwa iz’akabwana akagirwa intere ubuyobozi bwaza bukamusanga aho yajugunywe yarangije gushiramo umwuka.
Ibi byabaye tariki ya 23 Gashyantare 2025, ubwo Maniraguha yafatirwaga mu rugo rwa Iyamuremye Jean Marie Vianney wo mu mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Kagarama umurenge wa Kanjongo ari naho yakubitiwe.
Uyu muturage bisanzwe bivugwa (…)
Hari umuturage witwa Uwemeyinkiko Aloys utuye mu karere ka Huye, Umurenge wa Tumba uvuga ko afite ishyamba mu Murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe, arashinja ubuyobozi bwaho gutanga icyangombwa binyuranyije n’amategeko.
Ibi yabitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV, ko yakorewe akarengane ko kuba baramuriganyije ishyamba rye riri mu mudugudu wa Wanyakanyeri, Akagari ka Mujuga umurenge wa Kitabi.
Yagize ati: "Nakorewe akarengane ku ishyamba ryanjye nari narateye, akarere gatanga (…)
Urubanza ruregwamo Dr Bishop Mugisha Samuel rwatangiye ku isaha ya saa 11h56’ mu Rukiko rwibanze rwa Muhoza aho yari yaje kuburana ifungwa n’ifungurwa ry’agatehanyo.
Musenyeri yatawe muri yombi tariki ya 21 Mutarama 2025 n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Ni nyuma yuko yeguye ku buyobozi bwa Diosezi ya Shyira, Itorero rya Angilikani mu Rwanda ku mpamvu ze bwite.
Akurikiranyweho ibyaha bitatu byo kunyereza no gukoresha umutungo wa diyosezi mu nyungu ze bwite mu gihe yari akiri ku (…)
Habimana Boniface uyuye mu Kagari ka Nanzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke arashinja ishuri ry’inshuke n’abanza rya Wisdom school iri kubakwa mu kibanza kiri haruguru y’inzu ye kumubangamira kuko agerwaho n’ingaruka zaryo.
Boniface usanzwe atuye mu mudugudu wa Ninzi, mu kagari ka Ninzi ho mu Murenge wa Kagano, agaragaza ko imvura imaze iminsi igwa yahiritse urukuta rw’ishuri rya Wisdom school maze rikamwangiriza ibikorwa biri ku bataka bwe ndetse n’inzu ye.
Mamaurwagasabo (…)
Urwego rw’ubugenzacyaha kubufatanye na police y’igihugu batangaje ko bataye muri yombi abasenga binyuranyije n’amategeko biyita abo mu itorero ‘Kiristo w’Abera’.
Ni abantu batanu beretswe itangazamakuru tariki ya 21 Mutarama 2025 aho bafashwe tariki ya 19 z’uku kwezi kwa Mutara, mu rugo rwumwe muri bo mu kagari ka Muyange mu Murenge wa Nyabitekeri ho mu Karere ka Nyamasheke.
Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacya RIB, Murangira B. Thierry, yavuze ko aba bafashwe ari 20 ariko bigaragara ko (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























