Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Annette Murava yasohowe mu cyumba cy’iburanisha n’umwana we, Gafaranga aburanira mu muhezo.

Monday 7 July 2025
    Yasomwe na

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 07 Nyakanga 2025, Bishop Gafaranga yongeye kwitaba urukiko aburana ku bujurire yatanze, nyuma yo kutanyurwa n’imyanzuro y’urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwari rwamukatiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30.


Murava na Gafaranga

Bishop Gafaranga aregwa ibyaha byo gukubita no gukomeretsa ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe, Annet Murava. Ni ibyaha bivugwa ko yabikoreye umugore we ubwe, akaba ari nawe babyaranye umwana.



Nk’uko byagenze mu rubanza rw’ibanze, urubanza rwabaye mu muhezo, kandi Annet Murava wari waje ahetse umwana yabyaranye na Gafaranga yasohowe mu rukiko, ntiyemererwa gukurikirana iburanisha. Ibi byamushenguye cyane kuko yasohotse arimo arira.



Nubwo Annet Murava akomeje kuvuga ko ntakibazo gifatika bafitanye, ndetse akagaragaza ko ahora amusengera ngo arekurwe, nubwo yagerageje kumusabira imbabazi ntibyagize icyo bihindura ku cyemezo cy’urukiko.



Uyu munsi, haburanywe ku bujurire bwe, byari binahuriranye n’ukwezi kwa kabiri Gafaranga amaze afunzwe by’agateganyo, mu gihe ubushinjacyaha bugikusanya ibimenyetso. Urubanza rwagombaga kuba ku wa kane w’icyumweru gishize, ariko rusubikwa kubera ikiruhuko cy’abakozi ba Leta.



KWIZERA Jackson

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru