Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

"Ubutwari buratozwa"-Intwari ikiriho

Monday 30 January 2023
    Yasomwe na

Umwanditsi

Ni gake wakumva ku Isi ko hari umuturage w’Intwari ukiriho ahanini bishingiye ko abantu bamenyereye kumva ko utaha intwari ukuriho, gusa u Rwanda ruracyafite Intwari zikiriho.

Bamwe mu Ntwari z’u Rwanda zikiriho barasaba abakuze gutoza abakiri bato umuco w’ubutwari mu byo kanyuramo mu buzima bwa buri munsi.

Sindayiheba Fanuel, Umuyobozi w’Umuryango w’izo Ntwari, zizwi nk’Abana b’i Nyange, Komeza Ubutwari, avuga ko abakuru bakwiye kwibuka ko ubutwari butozwa.

Agira ati: "Ubutwari buratozwa. Hari ibikorwa byiza by’ubutwari byakozwe ariko ndakangurira abakuru kudacika intege bagakomeza gutoza urubyiruko kuko ubutwari ni umuco utozwa kandi umaze gutorwa, abantu babasha kuwushyira mu bikorwa.

Ntabwo rero bakwiye gucika intege kubera bimwe mu bibazo biri hanze ahangaha, hari n’abavuga ngo urubyiruko ntirwumva, abandi bakavuga ngo urubyiruko rwibera hanze. Oya, ntabwo dukwiye gucika intege, dufite urubyiruko rwiza rubasha kumva."

Akomeza asaba abakuru kutaba ba terera iyo, bakibuka ko urubyiruko ruri mu maboko yabo.

Indi Ntwari yagize iti: "Abana banjye mbaganiriza, nkabatoza umuco wo gukunda igihugu, gukunda umurimo no ku kwirinda ibiyobyabwenge, kwirinda ingeso mbi zatuma umuntu yangirika cyangwa akangiza abandi n’abo duturanye."

Undi nawe yagize ati: "Turi mu nzego z’ibanze no mu mirimo itandukanye, ahongaho twimakaza umuco w’Ubutwari mu kazi ka burimunsi."

Umuryango Komeza Ubutwari ugizwe n’abantu 39 bari mu cyiciro cy’Intwari z’Imena. Abenshi muri bo bakora mu rwego rw’uburezi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru