Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more
  • 23 June » BARINDWI BICIWE I KYIV MU GITERO GISHYA CY’UBURUSIYA BWAGABYE KURI UKRAINE. – read more

Winnie Byanyima avuga ko yakorewe ivangura ku kibuga cy’indege cy’i Geneva mu Busuwisi

Wednesday 27 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryo kurwanya SIDA/AIDS (UNAIDS), Winnie Byanyima yatangaje ko habuze gato ngo yimwe uruhushya rwo kwinjira mu ndege mu Busuwisi ubwo yagiriragayo uruzinduko.

Uyu munya-Uganda, yanditse kuri twitter ye ko ibyangombwa bye byakomeje gusuzumwa bikomeye ndetse hakabaho no kuvugira kuri telefone ngo hamenyekane urwego rwe.

Yavuze ko ibyo byabaye ku wa kabiri ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cy’i Genève mu Busuwisi.

Gusa kugeza ubu ntakintu ubuyobozi bw’icyo kibuga cy’indege bwari bwatangaza ku mugaragaro.

Yavuze ko yari mu nzira yerekeza muri Canada kwitabira inama mpuzamahanga kuri SIDA, iteganyijwe gutangira ku wa gatanu. Gusa ngo si we wenyine wasuzumwe mu buryo bukomeye, we yise uburyo bw’ivanguramoko.

Yanditse kuri Twitter ati: "Abantu babarirwa mu magana bo mu Majyepfo ibyo bakunze kwita ibihugu bikennye bimwe za viza ndetse ntibazashobora kwitabira iyi nama #UNAIDS2022 iteganijwe kuba ku wa 5.

Ati: "Ni akarengane, ni ivangura!"

Byanyima, w’imyaka 63, ni umuyobozi wa UNAIDS kuva mu Kuboza 2019. Kandi akaba n’umugore wa Dr Kizza Besigye, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni kuva mu myaka myinshi ishize.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru