Tuesday . 17 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Abagana BK Arena bashyiriweho uko baryoherwa n’uburanga bwayo

Tuesday 9 May 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

Ibigo bya Kigali City Tour (KCT) na QA Venue Solutions Rwanda bazanye agashya ko gutembereza abashyitsi bashaka kwihera ijisho ubwiza bw’inyubako ya BK Arena.

Ni serivisi yatangijwe ku wa gatanu tariki ya 5 Gicurasi 2023 yiswe "BK Arena Guided tours."

Ni gahunda igamije gutembereza abantu inyubako ya BK Arena iherutse gushyirwa mu biganza Banking ya Kigali (Bank of Kigali) mu 2022 ikanayitirirwa.

Iyi nzu mberabyombi isanzwe yakira inama, amarushanwa yaba ayo mu gihugu n’ayari ku rwego mpuzamahanga atandukanye.

Iyi nzu kandi, iherereye i Remera mu iruhande rwa Stade Amahoro, ni iya mbere nini yakira abantu benshi mu bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi Mukuri ushinzwe gutembereza abagana iyi nyubako, Aaron Gaga, yavuze ko iyo serivisi ije yiyongera ku buryo bwo kwamamaza busanzwe butuma yakira imikino n’imyidagaduro igera kuri 200 mu mwaka.

Ati: "Iyi Arena ifite ahantu henshi wasura ukanigira byinshi hatarafungurirwa abantu. Urugero, abagutembereza bagufasha kumenya amateka, serivisi zitangirwa hano, n’ibindi birimo nk’ibyicaro abayobozi bakuru bicaramo barebaimikino ya basketball mwese muzi."

Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa Kigali city tour, David Ndiwalana, avuga ko iyi serivisi igiye kuba akarusho ku zindi zisanzwe zihabwa ba mukerarugendo bagana igihugu.

Umuyobozi w’Imwe muri kompanyi zitembereza abantu, Ikaze tours, Yves Nkundabagenzi yavuze ko nk’ikigo gikorana na BK na KCT igiciro kiriho ubu kizavugururwa mu mezi atatu ari imbere.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru