Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Fally Ipupa yihanganishije ababuriye ababo mu gitaramo cye

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuhanzi Fally Ipupa wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yihanganishije imiryango y’abantu 11 bapfiriye mu gitaramo cye ku wa gatandatu muri stade nini yo mu murwa mukuru Kinshasa, izwi nka Stade des Martyrs de la Pentecôte.

Iyi stade yari yakubise yuzuye birenze ubushobozi bwayo bwo kwakira abantu 80,000 - ndetse n’ibirongozi (corridors) byayo byari byuzuye, nkuko uwabibonye yabivuze.

Amakuru avuga ko ingano y’abantu yarenze cyane umubare w’abo abashinzwe umutekano bashoboraga kugenzura.

Abapolisi babiri nabo bapfuye

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa DRC, Daniel Aselo Okito, yasabye ko abateguye icyo gitaramo bahanwa kubera kunanirwa kutarenza umubare w’abari kucyitabira.

Mu butumwa bwo kuri Facebook, Fally Ipupa yavuze ko “nubwo hafashwe ingamba zose zo gukurikiza bikomeye amabwiriza y’umutekano, ibintu bibabaje byabaye kidobya ku musozo w’igitaramo.”

Ati: “Birambabaje cyane kandi nihanganishije cyane imiryango yose. Imana mu mpuhwe zayo nyinshi yihanganishe imitima yapfushije abayo.”

Ni igitaramo cyitabiriwe kandi n’Umukuru w’Igihugu, Perezoda Felix Tshisekedi n’itsinda rinini rimuherekeje.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru