Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Fally Ipupa yihanganishije ababuriye ababo mu gitaramo cye

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuhanzi Fally Ipupa wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yihanganishije imiryango y’abantu 11 bapfiriye mu gitaramo cye ku wa gatandatu muri stade nini yo mu murwa mukuru Kinshasa, izwi nka Stade des Martyrs de la Pentecôte.

Iyi stade yari yakubise yuzuye birenze ubushobozi bwayo bwo kwakira abantu 80,000 - ndetse n’ibirongozi (corridors) byayo byari byuzuye, nkuko uwabibonye yabivuze.

Amakuru avuga ko ingano y’abantu yarenze cyane umubare w’abo abashinzwe umutekano bashoboraga kugenzura.

Abapolisi babiri nabo bapfuye

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa DRC, Daniel Aselo Okito, yasabye ko abateguye icyo gitaramo bahanwa kubera kunanirwa kutarenza umubare w’abari kucyitabira.

Mu butumwa bwo kuri Facebook, Fally Ipupa yavuze ko “nubwo hafashwe ingamba zose zo gukurikiza bikomeye amabwiriza y’umutekano, ibintu bibabaje byabaye kidobya ku musozo w’igitaramo.”

Ati: “Birambabaje cyane kandi nihanganishije cyane imiryango yose. Imana mu mpuhwe zayo nyinshi yihanganishe imitima yapfushije abayo.”

Ni igitaramo cyitabiriwe kandi n’Umukuru w’Igihugu, Perezoda Felix Tshisekedi n’itsinda rinini rimuherekeje.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru