Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Fally Ipupa yihanganishije ababuriye ababo mu gitaramo cye

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuhanzi Fally Ipupa wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yihanganishije imiryango y’abantu 11 bapfiriye mu gitaramo cye ku wa gatandatu muri stade nini yo mu murwa mukuru Kinshasa, izwi nka Stade des Martyrs de la Pentecôte.

Iyi stade yari yakubise yuzuye birenze ubushobozi bwayo bwo kwakira abantu 80,000 - ndetse n’ibirongozi (corridors) byayo byari byuzuye, nkuko uwabibonye yabivuze.

Amakuru avuga ko ingano y’abantu yarenze cyane umubare w’abo abashinzwe umutekano bashoboraga kugenzura.

Abapolisi babiri nabo bapfuye

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa DRC, Daniel Aselo Okito, yasabye ko abateguye icyo gitaramo bahanwa kubera kunanirwa kutarenza umubare w’abari kucyitabira.

Mu butumwa bwo kuri Facebook, Fally Ipupa yavuze ko “nubwo hafashwe ingamba zose zo gukurikiza bikomeye amabwiriza y’umutekano, ibintu bibabaje byabaye kidobya ku musozo w’igitaramo.”

Ati: “Birambabaje cyane kandi nihanganishije cyane imiryango yose. Imana mu mpuhwe zayo nyinshi yihanganishe imitima yapfushije abayo.”

Ni igitaramo cyitabiriwe kandi n’Umukuru w’Igihugu, Perezoda Felix Tshisekedi n’itsinda rinini rimuherekeje.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru