Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Fally Ipupa yihanganishije ababuriye ababo mu gitaramo cye

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuhanzi Fally Ipupa wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yihanganishije imiryango y’abantu 11 bapfiriye mu gitaramo cye ku wa gatandatu muri stade nini yo mu murwa mukuru Kinshasa, izwi nka Stade des Martyrs de la Pentecôte.

Iyi stade yari yakubise yuzuye birenze ubushobozi bwayo bwo kwakira abantu 80,000 - ndetse n’ibirongozi (corridors) byayo byari byuzuye, nkuko uwabibonye yabivuze.

Amakuru avuga ko ingano y’abantu yarenze cyane umubare w’abo abashinzwe umutekano bashoboraga kugenzura.

Abapolisi babiri nabo bapfuye

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa DRC, Daniel Aselo Okito, yasabye ko abateguye icyo gitaramo bahanwa kubera kunanirwa kutarenza umubare w’abari kucyitabira.

Mu butumwa bwo kuri Facebook, Fally Ipupa yavuze ko “nubwo hafashwe ingamba zose zo gukurikiza bikomeye amabwiriza y’umutekano, ibintu bibabaje byabaye kidobya ku musozo w’igitaramo.”

Ati: “Birambabaje cyane kandi nihanganishije cyane imiryango yose. Imana mu mpuhwe zayo nyinshi yihanganishe imitima yapfushije abayo.”

Ni igitaramo cyitabiriwe kandi n’Umukuru w’Igihugu, Perezoda Felix Tshisekedi n’itsinda rinini rimuherekeje.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru