Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Gabiro Guitar yabuze umubyeyi we

Monday 5 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuhanzi nyarwanda Gabiro Guitar ari mu gahinda gakomeye ko gupfusha Se umubyara.

Ikirenze kuri ibyo, yashenguwe nuko agiye atamusezeye ngo amubwire ijambo rya nyuma.

Ni inkuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 5 Ukuboza 2022, ubwo Gabiro yabitangazaga abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga ze nka Twitter na Instagram.

Gabiro Guitor akaba yavuze ko se apfuye atamusezeye ati “Ruhukira mu mahoro papa, unsize mu gahinda, nakifuje ko uba wasize unsezeye. Ruhukira mu mahoro mubyeyi.”

Mu makuru dekesha umuseke avuga ko,Gabiro Guitar akaba yavuze ko azahora azirikana ibihe byiza bagiranye, nubwo agiye atamubwiye ijambo rya nyuma.

Se wa Gabiro Guitar akaba yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, aho amakuru yamenyekanye ari uko yari amaze igihe arwaye.

Uyu muhanzi kandi ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kitari gito mu ruhando rwa muzika nyarwanda, yamenyekanye mu ndirimbo nka Byakubera, Kaka Dance, Karolina n’izindi.

Ni umwe mu bahanzi nyarwanda bitabiriye Tusker Project Fame , aho yitabiriye icyiciro cya kane. Akaba yaherukaga gushyira hanze umuzingo w’indirimbo “Album” yise Girishyaka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru