Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Korea y’Epfo: Ikipe yashinjwe gushyira ibipupe byifashishwa mu mibonano mpuzabitsina mu myanya y’abafana

Monday 18 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre
Ikipe ya FC Seoul yo muri Korea y’Epfo, yasabye imbabazi nyuma yo gushinjwa gukoresha ibipupe byifashishwa mu mibonano mpuzabitsina, ikabishyira mu myanya y’abafana.

Ku Cyumweru nibwo FC Seoul yakiriye Gwangju FC ndetse amafoto yagaragaje ibibumbano “mannequins” byambitswe udupfukamunwa biri ahagenewe kwicara abantu mu gihe stade ya Seoul nta bafana yari yemerewe kwakira kuri uwo mukino.

Bimwe muri ibi bibumbano byari byampaye imipira iriho ikirango cya SoloS cy’ikigo cya Dalcom kigurisha ibipupe byifashishwa mu mibonano mpuzabitsina.

Ibi byakiriwe mu buryo butandukanye n’abafana ndetse no mu itangazamakuru, bituma FC Seoul yandika itangazo isaba imbabazi, ivuga ko ibi bipupe byakoreshejwe ntaho bihuriye n’ibipupe byifashishwa mu mibonano mpuzabitsina, gusa yemera ko ikigo cyabitanze gisanzwe gikora ibyo bindi.

Iti “Twiseguye ku bafana kubera impungenge twabateje. Twemeje kuva mu ntangiriro ko nta sano bifitanye n’ibipupe byifashishwa mu mibonano mpuzabitsina.”

“Icyifuzo cyacu kuva tugitangira kwari ugutuma abantu bishima nyuma y’uko hemejwe ko imikino izabera mu muhezo kubera Coronavirus.”

“Tutitaye kuri ibyo, turashaka kongera gusaba imbabazi abantu bose bakunda kandi bashyigikiye FC Seoul. Tuzakomeza gukora ibiganiro by’uburyo twakemura ibibazo bijyanye nabyo kandi tuzashyira ingufu mu gukumira ibyo bibazo mu gihe kiri imbere.”

Ibi bibumbano byari 30, 28 muri byo byari iby’igitsina gore mu gihe ibindi bibiri byari iby’igitsinda gabo. Byari byambaye udupfukamunwa ndetse byari byatandukanyijwe hakurikijwe amabwiriza yo guhana intera.

Byari bifite ibyapa byamamaza icyo kigo cya Dalcom, bamwe mu banyamideli bacyo na zimwe mu mbuga za interineti zerekanirwaho amashusho y’urukozasoni nk’uko byagaragajwe n’abafana bakurikiraniraga umukino kuri interineti, batabyishimiye bigatuma ikipe ibisabira imbabazi.

Umwaka mushya w’imikino muri Koreya y’Epfo watangiye tariki ya 8 Gicurasi nyuma y’uko wagombaga gutangira muri Gashyantare, wigizwa inyuma amezi abiri kubera icyorezo cya Coronavirus cyibasiye Isi, ariko nta bafana bemewe.

Amakipe yahisemo gukoresha ibyapa by’ubwoko butandukanye kugira ngo bisimbure abafana, aho basanzwe bicara.

FC Seoul yatsinze uwo mukino ku gitego 1-0.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru