Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

MONUSCO yishe umusore wiyisagariye

Wednesday 7 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ingabo z’Ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) zishe zirashe umusore wari witambitse imodoka zabo.

Ni urupfu rwabereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri teritwari ya Beni, ku wa 06 Nzeri 2022.

Ingabo za UN zavaga i Butembo zerekezaga muri Beni zahuye n’imyigaragambyo y’abamotari maze bitambika imodoka za UN, ibyo nibyo byateje iraswa ry’uwo musore.

Amakuru dukesha Bwiza.com, yavuze ko imihanda yari yafunzwe n’abantu bigaragambya gusa abapolisi boherejwe guturisha abantu.

Abanyekongo bamaze iminsi bigaragambya ngo ntibashaka ko MONUSCO iguma ku butaka bwabo kuko bavuga ko nubundi bananiwe kurwanya no kwirukana iyo mitwe yitwaje intwaro ihakorera.

Gusa umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita, we yatangaje ko MONUSCO iramutse ivuye muri Congo ntacyo yaba ihomba.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru