Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Umunyarwanda Rutunga Venant wabaga mu Buholandi akurikiranyweho uruhare yaba yaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yegejejwe i Kigali mu Rwanda kuri uyu mugoroba.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda, Nkusi yavuze ko yoherejwe n’Ubuholandi kugira ngo acirwe imanza ku ruhare muri Jenoside akekwaho n’u Rwanda yaba yarakoreye mu Ntara y’Amajyepfo hahoze ari muri Perefegitura ya Butare kuko yari umuyobozi wa ISAR Rubona, ikigo cyahoze ari icy’ubuhinzi.
Yakomeje agira ati (…)
Mutungirehe Samuel
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubuhinzi n’ubucuruzi bubishigiyeho ari byo bizagena uko hazagerwaho intego z’iterambere rirambye, agaragaza ibikwiye kwitabwaho ngo umugabane w’Afurika ugere ku kwihaza mu biribwa.
Yabitangaje kuri uyu wa Mbere mu nama yateguwe n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ibanziriza iziga ku kuboneka kw’ibiribwa, #UNFSS2021< izaba mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka.
Ni inama yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani, Mario Draghi.
Perezida (…)
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. Nsanzimana Sabin yatangaje ko hari uburyo bubiri buri kugeragezwa buzafasha umuntu ku giti cye kujya yipima Covid-19, ku buryo mu gihe cya vuba bushobora gutangira gukoreshwa.
Yavuze ko ikiza cy’ubu buryo ari uko mu gihe ubu buryo buzaba butangiye gukoreshwa ngo bizafasha benshi kurushaho kumenya uko bahagaze mbere y’uko bagira aho bajya cyangwa bagira icyo bakora bitabasabye kubanza kujya kwa muganga, kandi ngo bushobora kuzaba (…)
Mu gihe abatuye mu Mujyi wa Kigali no mu tundi turere umunani bari bategereje kumva Inama y’abaminisitiri ibakura muri Guma mu rugo bari bamazemo iminsi igera ku icumi, ahubwo yongereweho iminsi itanu.
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuri iki cyumweru Tariki 25 Nyakanga 2021, riravuga ko ku ngamba zisanzwe za Guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani, hongeweho iminsi itanu nk’igihe cyo gushyira mu bikorwa ingamba zisanzweho.
Ngirabatware Augustin wahoze ari Minisitiri mu Rwanda akaza gukatirwa igifungo cy’imyaka 30 ahamijwe uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yoherejwe gufungirwa muri Senegal aho azarangiriza igifungo cye cya kabiri.
ku wa Gatatu umucamanza Carmel Agius yemeje iyoherezwa rya Ngirabatware muri Senegal aho agiye kurangiriza igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri yakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’agasuzuguro.
Ngirabatware mu kwezi kwa Nyakanga 2021, yakatiwe indi myaka (…)
Padiri Fidèle de Charles Ntiyamira wakoreraga muri Diyosezi ya Byumba, yasezeye ku nshingano ze za Gisaseridoti n’izindi bifitanye isano avuga ko agiye gushinga urugo.
Ibaruwa y’ubwegure bwe yandikiwe Musenyeri wa Diyosezi ya Byuma, akoreramo, Nzakamwita Servilien, ku wa 18 Nyakanga 2021, wari umushinzwe kuva mu 2008.
Gusa bigaragara ko ashobora kuba atari mu Rwanda kubera ko yakoresheje aderesi zo mu Budage.
Padiri Ntiyamira yavuze ko yafashe icyemezo cyo kwegura nyuma yo (…)
Mu karere ka Rulindo haravugwa inkuru y’umukobwa Isabwe Angelique wiga mu ishami ry’imibare, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi (MEG) ku Rwunge rw’Amashuri rwa Mushongi, mu Murenge wa Base, mu Kagari ka Cyohoha, Umudugudu wa Mushongi, yabyaye abazwe kandi ikizamini cya Leta kirimbanyije, buracya akora icyari gikurikiyeho.
Isabwe Angelique umaze igihe gito arongowe yabyaye umwana w’umuhungu abazwe ku wa Gatatu tariki 21 Nyakanga 2021 ntiyacika intege azindukira ajya gukora ikizamini cya “Economics” (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubuzima bwose bw’igihugu n’uburezi budasigaye ku bana bose, ariko by’umwihariko ku bana b’abakobwa.
Yabigarutseho kuri uyu wa Kane bwo yitabiraga inama yateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), inama yavugaga ku myigishirize y’ikoranabuhanga, akaba yagaragaje ko hakiri icyuho giterwa n’ubusumbane bw’imibereho y’abatuye isi, kikagaragarira mu ikoreshwa (…)
Abasore b’i Rwanda ngo "Nta Gikwe", muri Arabia Soudite abasore bashyiriweho amafaranga yo kurongora
Mutungirehe Samuel
Mu gihe mu Rwanda kuva icyorezo cya Coronavirus cyatamgira kwitambika gahunda z’abasore n’inkumi bifuza kurushinga imbere y’amategeko no kwereka ibirori imiryango bamwe bakahakura imvugo ngo "Nta Gikwe", Umwami wa Arabia Soudite nawe yabirebye abona gahunda ishobora kuba yarabaye imwe ashyiraho ibihumbi bisaga 900 by’amadorali , arenga miliyari y’amanyarwanda ku basore bifuza kurushinga.
Inkuru y’ikinyamakuru Arabanews, ivuga ko umwami wa Arabia Sawudite Mohammed bin (…)
Mutungirehe Samuel
Minisitiri Gatabazi yaciye amarenga ko igihe bigaragaye ko abantu batubahirije Guma mu Rugo uko yari yitezwe kugabanya ubwandu mu bantu, abarwaye bakavurirwa aho bari kugeza bakize muri iyo minsi, bidakuyeho ko yakongerwa.
Yabitangaje kuri uyu wa Kane mu kiganiro yatumiwemo kuri Radio 10 asobanura uko abaturage bari kwitwara cyane cyane abari mu Mujyi wa Kigali no mu turere twashyizwemuri Gahunda ya Guma mu Rugo.
Ati “Umuntu ku giti cye yakoze iki muri iyi minsi 10, (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















