Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko Perezida wa FERWAFA Shema Ngonga Fabrice yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe kuri Al Hilal SC, ikipe yo mu Rwanda yaje imbere igahabwa amafaranga gusa, abantu bibazaga uko bizagenda, kuko byari bitandukanye n’ibyatangajwe mbere.
Urwego Rushinzwe gutegura shampiyona, Rwanda Premier League, rwatangaje ko hazatagwa ibikombe bibiri.
Ikipe yo muri Sudani izasoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League y’uyu mwaka izahabwa igikombe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umunyamakuru wa siporo Bagirishya Jean de Dieu wamenyekanye cyane ku mazina ya Jado Castar wari warahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano yagabanyirijwe igifungo aho cyavuye ku myaka ibiri kigirwa amezi umunani.
Bivuze ko amazemo hafi amezi atandatu mu gihome, ku buryo mu mezi abiri aba yafunguwe kubera ko yafunzwe mu kwezi kwa Nzeri 2021, ubwo yari amaze guhamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano bityo akaba yari yarakatiwe igifungo (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Werurwe 2022, nibwo inkuru yabaye kimomo ko uwari Perezida w’ikipe yo mu karere ka Rusizi "Espior Fc" witwa Kamuzinzi Godefroid yongeye yafashe icyemezo cyo kwegura ku mpamvu ze bwite.
Nubwo byakomeje kugirwa ubwiru uyu mwuka mubi umaze igihe kirekire muri komite ya Espior fc, amakuru atugeraho aravuga ko ingengo y’imari ya Espior fc yaba imaze kungana n’akayuzi k’isabune, mu gihe akarere kanze kugira (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda Primus National League (PNL) ikipe ya Musanze FC ikomeje kwitegura Kiyovu Sports arinako benshi mu bakunzi baya makipe yombi bakaniye uyu mukino.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Werurwe 2022 nibwo ikipe yo mu Majyaruguru mu karere ka Musanze (Musanze Fc), iri bube yakiriye ikipe ya Kiyovu sports yo mu mujyi wa Kigali; kuri ubu kiyovu sports ifite intego y’igikombe kubera ko inganya n’ikipe ya mbere ari (…)
Nyuma yo guahoza intambara kuri Ukraine, igamije kuyibuza kwinjira mu Muryango w’Ubutabazi wa OTAN, igihugu cy’Uburusiya cyatangiye kwijundikwa n’ibihugu bituranyi kugeza n’aho amakipe y’umupira w’amaguru ya Pologne na Suède yanze kuzakina n’u Burusiya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi iteganyijwe muri Werurwe 2022.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Pologne Cezary Kulesza yavuze ko bari gutegura itangazo rihuriweho rigamije kwamagana imikino bari bafitanye n’u (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amakuru avuga ko Zimurinda Ben Tom yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB akekwaho kunyereza umutungo wa Federasiyo ya Chess yayoboraga.
Kuri ubu uyu muyobozi afungiwe kuri Station ya RIB ya Kicukiro kuva tariki ya 24 Gashyantare 2022. Ubwo twakoraga iyi nkuru nta makuru arambuye kuko hagikorwa ipereza ryimbitse.
Kuri uyu wa Gatandatu kandi nibwo hari (…)
Alexandre Geniez ukinira ikipe ya TotalEnergies niwe wegukanye agace ka gatanu muri Tour du Rwanda 2022 ubwo berekezaga i Musanze bavuye i Muhanga ku ntera y’ibilometero 129,9.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Gashyantare 2022 ahagana Saa 9h00’ za mu gitondo ni bwo abakinnyi 79 bose b’amakipe 18 asigaye mu irushanwa bahagurutse mu karere ka Muhanga berekeza i Musanze, ariko babanje gukora intera ya kilometero 1,6 mbere y’uko batangira kubara ibihe byagenwe nyirizina.
Alexander Geniez na (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Nyuma yo kwisasira APR fC abakinnyi ba Musanze FC bagashimirwa uburyo bahesheje ishema akarere kabo, bavuga ko kuri uyu wa Mbere bagomba gushimangira itsinzi ubwo bazaba bakiriye Etoile de l’Est ku munsi wa 18 wa Primus National League.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Gashyantare 2022, ubwo ikipe yarisoje imyitozo ibanziriza iya nyuma Mbere yo gucakirana na Etoile de l’Est yo mu karere ka Ngoma, Perezida wa Musanze fc Tuyishimire Placide bakunze (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Kuri uyu Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022, mu kigo cya Rwanda Cycling Center gicumbikira abakinnyi b’ikipe y’igihugu bazitabira Tour du Rwanda 2022 bashyikirijwe amagare mashya agezweho azabafasha kwitwara neza muri iri rushanwa.
Mu gihe habura amasaha make kugira ngo u Rwanda rwakire Irushanwa ngaruka mwaka "Tour du Rwanda" izatangira tariki ya 20 Gashyantare 2022 Minisitiri w’umuco na Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa yashyikirije abakinnyi b’u (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Musanze Fc kuri Stade ubworoherane yatsinze APR FC igitego 1-0 cyatsinzwe ku munota wa nyuma w’umukino wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo na Guverineri w’intara y’amajyaruguru Nyirarugero Dancilla.
Umukino watangiye ku isaha ya Saa 15h00’ aho sitade Ubworoherane yari yakubise yuzuye abafana ari benshi cyane biganjemo aba Musanze fc bagaragaje ko bari bakumbuye kugaruka ku kibuga.
Guverineri Nyirarugero Dancilla
Ikipe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Imikino yo kwishyura y’umunsi wa 16 ya Primus National League yatangiye kuru uyu wa Gatandatu, aho Gasogi United itarifite Perezida wayo kubera ko ari mu bihano byo kutagera kuri stade yatsinze Marine fc ibitego 3-2.
Ni umukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, wakereweho isaha irenga ku masaha asanzwe yari ateganijwe, bitewe n’umukino wabanje wa shampiona y’abagore wabanje gukinirwa kuri iyi stade.
Abantu batunguwe no kubona imfura (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.























