Mugabe Aristide, umwe mu bakinnyi b’inararibonye bakiniye Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’u Rwanda, yatangaje ko yasezeye burundu gukina uyu mukino ku rwego rw’ababigize umwuga, ashyira akadomo ku rugendo rw’imyaka 18 yari amaze muri Basketball.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Mugabe Aristide yashyize hanze amwe mu mafoto ye y’urwibutso aho yari kumwe na bagenzi be bakinana Basketball maze ayakurikiza amagambo agira aAti “Uyu munsi, mu byiyumviro bivanze, nyuma y’imyaka 18, (…)
Ndayambaje Jean Claude
Umunya-Argentine Lionel Messi yagaragaye i Madrid muri Espagne aho bivugwa ko yagiye kwivuza imvune amaranye igihe kitari gito.
Kuri uyu wa Kane, Tariki ya 4 Ugushyingo 2021 rutahizamu wa PSG yo mu Bufaransa ukomoka muri Argentina yagiye kwivuza imvune ndetse uyu mukinnyi utarigeze agaragara mu mukino wa UEFA Champions League wabaye mbere yaho ku wa Gatatu ubwo Paris Saint-Germain yakinaga na RB Leipzig bagwa miswi ibitego 2-2.
Uyu mugabo wibitseho imipira (…)
Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Rayon Sports bakunze gutazira Gikundiro yanganyije na Rutsiro FC ibitego 2-2 mu mukino w’umunsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022 y’u Rwanda mu cyiciro cya mbere.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ugushyingo 2021 kuri Stade Umuganda y’Akarere ka Rubavu aho Rutsiro fc yari yakiriye Rayon sports yaje idafite bamwe mu bakinnyi bayo b’inkingi za mwamba nka Sanogo Souleyman na Elo Manga Steve kuko bafite ibibazo by’imvune.
Ikipe ya Rutsiro (…)
Ndayambaje Jean Claude
Musanze Cycling Club "MCC" ni ikipe yo mu karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru, imaze umwaka urenga ishinzwe irimo yo gutegura amarushanwa yo gusiganwa ku magare mu rwego rwo gukomeza kumenyereza abakinnyi gukina amarushanwa akomeye.
MCC iheruka kwitabira Irushanwa ryo "Gukunda Igihugu" aho yari ifitemo abakinnyi bagera kuri 5 bakaba baragerageje kwitwara neza ugereranyije n’uburyo batari bamenyeye amarushanwa ari naho umuyobozi Mukuru wayo Bwana (…)
Ndayambaje Jean Claude
Antonio conte wigeze gutoza Chelsea na Inter Milan yo mu butaliyani, yerekeje muri Tottenham Hotspur yo mu gihugu cy’Ubwongereza akaba yasinye imyaka ibiri muri iyi Kipe kuko aya masezerano azageza muri 2023.
Aje muri iyi kipe yo mu Bwongereza asimbuye Nuno Espirito Santo wirukanywe kubera umusaruro muke, akaba asanze iyi Kipe iri ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa shampiyona, mu mikino 17.
Uyu mugabo ukomoka mu Butaliyani afite imyaka 52 aheruka mu Bwongereza (…)
Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Fatima y’abari n’abategarugori yatewe mpaga na Kamonyi nayo y’abari n’abategarugori ku munsi wa Mbere wa Shampiyona yatangiye kuri uyu wa Mbere Tariki ya 1 Ugushyingo 2021.
Mu mukino wa Mbere wagombaga kubera kuri stade Ubworoherane ku isaha ya Saa 14h00’ hagati ya Fatima women football club na Kamonyi women football club ntiwabaye bitewe nuko Ambulance yageze Ku kibuga nta Muganga ifite bisaba ko baterwa mpaga y’ibitego 3-0.
Twifuje kumenya icyatumye (…)
Ndayambaje Jean Claude
Nyuma y’ubwumvikane buke bwagiye bwumvikana mu ikipe ya Musanze fc ndetse bamwe mu bakinnyi bakagenda bikoma team manager bavuga ko batumvikana nawe kuri ubu yamaze gusezera inshingano ze muri iyi Kipe.
Duheruka kubagezaho inkuru ko mu nama yahuje ubuyobozi bwa Musanze fc n’abakinnyi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ukwakira 2021 bagaragaje ko badashaka team manager ubwo we atari muri iyi nama kuko yari mu mahugurwa i Kigali yateguwe na UEFA .
Aganira na (…)
Ndayambaje Jean Claude
Umunya-Maroc Youssef Rharb afashije ikipe ya Rayon sports gutsinda Mukura victory mu mukino wa mbere wa shampiyona 2021.
Igitego cya mbere cya Rayon Sports cyabonetse mu minota ya mbere gitumye yegukana amanota atatu nyuma yo gutsinda Mukura victory sport igitego 1-0 Ku mukino wa mbere kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.
Ku nshuro ya mbere ubwo hanafungurwaga Champiyona y’u Rwanda yitiriwe Umuterankunga, Primus National League, abafana bitabiriye imikino (…)
Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya REG basketball club yatsinze Patriots BBC amanota 66-63 mu mukino wa mbere wa Kamarampaka yakinwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu hakaba hategerejwe umukino wa Kabiri uza kuba kuri uyu wa Gatandatu muri Kigali Arena.
Aya makipe yombi yahuriye Ku mukino wanyuma usoza Shampiyona ya Basketball 2020-2021 ifite umuterankunga wa Banki ya Kigali. Patriots BBC na REG BBC ni amakipe akunze guhangana cyane kuko mu mwaka ushyize byasabye ko bisobanura bageze ku (…)
Ndayamaje Jean Claude
Mu ikipe ya Musanze fc haravugwamo umwuka utari mwiza hagati mu bayobozi batarimo kumvikana n’abakinnyi, bivugwa ko n’abatoza batarimo gucana uwaka hagati ubwabo ndeste na komite y’ikipe ikaba itarimo kumvikana ku byemezo bifatwa.
Musanze fc ni ikipe ibarizwa mu karere ka Musanze mu ntara y’Amajyaruguru, kuri ubu ikaba iri mu maboko y’abikorera iyoborwa na Tuyishimire Placide bakunze kwita (Trump) ikaba imaze imyaka irenga itandatu mu cyiciro cya Mbere. (…)
Ndayambaje Jean Claude
Federasiyo y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yamaze gushyira ahagaragara ingengabihe ya shampiyona y’abagore mu cyiciro cya Mbere aho igiye kwitabirwa n’amakipe 9.
Nyuma y’igihe kitari gito Shampiyona y’abagore idakinwa bitewe n’icyorezo cya COVID-19 bituma iyi shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu bagore ihagarara igiye kongera gukinwa nkuko byatangajwe na Ferwafa.
Imikino ibanza izakinwa mu minsi 56, kuva tariki ya 1 Ugushyingo 2021 kugeza tariki ya 26 (…)
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda irakomeza uyu munsi.
13 December 2025, by Valens Nzabonimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

























