Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

REG VC YEGUKANYE MEMORIAL KAYUMBA 2026 ITSINZE GISAGARA VC

Ikipe ya REG VC yegukanye igikombe cy’irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball, rizwi nka Memorial Kayumba 2026, nyuma yo gutsinda Gisagara VC amaseti 3-1 ku mukino wa nyuma wabereye mu Karere ka Huye.
Iri rushanwa ribaye ku nshuro ya 16, rikaba ritegurwa buri mwaka mu rwego rwo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi wa Groupe Scolaire Officiel de Butare (Indatwa n’Inkesha.)
Ni irushanwa ryabaye kuva ku wa Gatandatu tariki ya 7 kugeza ku Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026, ribera (…)

Gasogi United itsinze Kiyovu Sports iyigabanyiriza amahirwe y'igikombe
Gasogi United itsinze Kiyovu Sports iyigabanyiriza amahirwe y’igikombe

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Gasogi United yihereranye Kiyovu Sports iyitsinda ibitego 2-0 bituma iyigabanyiriza amahirwe yo gutwara igikombe cya Championa.
Wari umukino w’umunsi wa 23 wa Primus national league watangiye ku isaha ya saa 15h19’ kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Ni umukino kandi wakurikiwe n’Abatoza bashya b’ikipe y ’igihugu y’u Rwanda Amavubi bakomoka mu gihugu cya Espagne, Ferrer Carlos Alós na Mugenzi we Clemente Jacintino, kuri ubu bamaze gutangira (…)

424 Shares 4 Comments
Ikinyoma cyambaye ubusa ku iterambere ry'umupira w'abakiri bato muri Musanze fc
Ikinyoma cyambaye ubusa ku iterambere ry’umupira w’abakiri bato muri Musanze fc

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Musanze fc iratungwa agatoki n’abana yabeshye ko bagiye gushyirwa mu makipe y’abakiri bato mu byiciro bibiri by’abatarengeje 17 na 20, ibirori bigakorwa n’imyitozo igatangira ariko bikaburirwa irengero. Benshi mu bakurikiranira hafi iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda babonamo ikinyoma cyo kubeshya Abanyarwanda.
Mu mwaka ushyize wa 2021 ikipe ya Musanze yamenyesheje abanyarwanda by’umwihariko abanya-Musanze ko yashyizeho amakipe (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Peace cup 2022: Musanze fc yahagamye Rayon sports mu gihe kiyovu sports yatsinze Marine fc
Peace cup 2022: Musanze fc yahagamye Rayon sports mu gihe kiyovu sports yatsinze Marine fc

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Kiri uyu wa mbere tariki ya 4 Mata 2022 nibwo hatangiye imikino ibanza ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, ku ikubitiro Musanze fc yari yakiriye Rayon Sports binganya ubusa ku busa mu gihe Kiyovu sports yatsinze Marine fc igitego 1-0.
Mu mukino wari utegerejwe n’abantu benshi wahuje ikipe ya Musanze FC na Rayon Sports kuri Stade Ubworoherane waje kugaragaramo ishyaka ryinshi ndetse watangiye Rayon sports isatira cyane izamu rya Musanze fc ariko ntibyagize (…)

424 Shares 4 Comments
Byinshi wamenya kuri Carlos Alos Ferrer wagiriwe ikizere cyo gutoza Amavubi
Byinshi wamenya kuri Carlos Alos Ferrer wagiriwe ikizere cyo gutoza Amavubi

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ko Carlos Alos Ferrer ariwe wahawe inshingano zo gutoza Amavubi ndetse bakaba bahise bamwerekana ku mugaragaro.
Uyu mugabo ukomoka mu gihugu cya Espagne yahigitse abatoza icumi bari bifuje uyu mwanya.
Ku gucamusi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Werurwe 2022 nibwo Ferwa yatangaje ko yamaze kubona Umutoza mushya usimbuye Mashami Vincent muri kuri uyu mwanya nyuma yaho yasezerewe kubera (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Patriots yatsinze REG BBC mu mikino ya shampiyona igeze ku munsi wa cyenda
Patriots yatsinze REG BBC mu mikino ya shampiyona igeze ku munsi wa cyenda

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Werurwe 2022 muri Kigali Arena habereye umukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona ya Basketball wahuje amakipe abiri akomeye, ariyo Patriots na REG BBC, aho byarangiye Patriots ikatishije itike yo kuzakina mu marushanwa nyafurika y’umukino wa Basketball "BAL 2022" izabera mu Rwanda.
Ni umukino Patriots yakinnye ntawuyiha amahirwe ariko byarangiye yigaranzuye REG BBC benshi bahaga amahirwe menshi yo (…)

424 Shares 4 Comments
Kiyovu Sports mu nzira ziyerekeza ku gikombe cya Shampiyona
Kiyovu Sports mu nzira ziyerekeza ku gikombe cya Shampiyona

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022 kuri sade ya Kigali Nyamirambo Kiyovu sports yongereye amahirwe yo gutwara igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda, itsinda ibitego 2-0 Rayon Sport.
Rayon sports niyo yari yakiriye Kiyovu sports mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, Primus national League, ni mu gihe kandi mu mukino ubanza Kiyovu sports nabwo yari yatsinze Rayon sports ibitego 2-0.
Kiyovu Sports yafunguye (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda ryaciwe miliyoni 120Frw z'amande
Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda ryaciwe miliyoni 120Frw z’amande

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Federasiyo y’umukino wa w’intoki, Volleyball mu Rwanda yaciwe amande ya Miliyoni 120 Frw kubera amanyanga yakozwe mu mikino y’igikombe cya Afurika FRVB cyabereye mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Werurwe 2022 Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda yamenyeshejwe ko ryahanwe amezi atandatu idategura amarushanwa ndetse n’amande angana na Miliyoni 120Rwf bitewe n’uburiganya bwakozwe bwo gukinisha abakinnyi bakomoka muri Brazil badafite (…)

424 Shares 4 Comments
FERWAFA yabonye umufatanyabikorwa mu guteza imbere Siporo mu mashuri
FERWAFA yabonye umufatanyabikorwa mu guteza imbere Siporo mu mashuri

Ishyirahamwe nyarwanda ry’imikino mu mashuri (FRSS) rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye y’imyaka 5 n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FERWAFA). Ni amasezerano yo guteza imbere imikino mu mashuri hagamijwe kuzamura impano z’abana kuva bakiri bato.
Amasezerano yashyizweho umukono n’impande zombi i Kigali kuri uyu wa kane tariki 10 Werurwe 2022.
Nkuko byasobanuwe, ubu bufatanye buri mu rwego rwo kuzamura umupira w’amaguru guhera mu mashuri abanza n’ayisumbuye, imyaka 15 ukuyemo 3 (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top
UEFA :Karim Benzema yafashije Real Madrid kugera muri 1/4 nyuma yo gusezerera PSG
UEFA :Karim Benzema yafashije Real Madrid kugera muri 1/4 nyuma yo gusezerera PSG

Yanditswe na Ndayambaje Jean Calude
Muri UEFA champions league ikipe ya Real Madrid yasezereye PSG ibifashijwemo na Karim Benzema wongeye kugaragaza ko agifite imbaraga n’ubuhanga bwo guconga ruhago.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Werurwe 2022, mu mukino wa 1/8 wo kwishyura Real Madrid yatsinze Paris Saint-Germain ibitego 3-1 ku giteranyo cy’ibitego 3-2 Irushanwa rihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’iburayi rikomeye kandi rikundwa n’abatari bake ku Isi.
Ni umukino (…)

424 Shares 4 Comments
Hamenyekanye igihe Jado Castar azafungurirwa
Hamenyekanye igihe Jado Castar azafungurirwa

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umunyamakuru wa siporo Bagirishya Jean de Dieu wamenyekanye cyane ku mazina ya Jado Castar wari warahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano yagabanyirijwe igifungo aho cyavuye ku myaka ibiri kigirwa amezi umunani.
Bivuze ko amazemo hafi amezi atandatu mu gihome, ku buryo mu mezi abiri aba yafunguwe kubera ko yafunzwe mu kwezi kwa Nzeri 2021, ubwo yari amaze guhamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano bityo akaba yari yarakatiwe igifungo (…)

424 Shares 4 Comments
feature-top

Generic placeholder image

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without

Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru