Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Urwego Ngenzuramikorere, RURA, Polisi ndetse n’izindi nzego zitandukanye, kuri uyu wa Kabiri bazindukiye mu bikorwa byo gufasha abaturage batunguwe n’icyemezo cya Guma mu Rugo bari mu Mujyi wa Kigali kandi bagombaga kujya mu bindi bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali no hanze yawo abandi badashoboye gukomeza kuwugumamo bakabera umuzigo leta ibatunga ntacyo bakora.
Amabwiriza mashya yashyizweho kuri uyu wa 18 Mutarama n’Inama y’Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, (…)
Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abaturage bo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, barashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo murenge witwa Khadafi Aimable kubakubita no kubasebereza imbere y’abaturage abatuka.
Aba bayobozi banze ko amazina yabo atangazwa, babwiye TV1 ko babangamiwe cyane n’uburyo uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora abafata.
Bamushinja kutabaha agaciro no kubafata nk’aho ntacyo bamaze no kubatukira imbere y’abaturage ku buryo bifuza ko yagirwa (…)
Umukino wa mbere w’u Rwanda muri CHAN 2021, wahuje Amavubi n’Imisambi ya Uganda, Uganda Cranes, warangiye nta kipe itsinze indi (0-0).
Umukino wabereye kuri Stade de la Réunification i Douala muri Cameroon ahari kubera iri rushanwa.
Mu gice cya kabiri, byageze ku munota wa 66, Rachid Kalisa agira imvune ikomeye asimburwa na Eric Nsabimana. Undi mukinnyi wavuyemo ni Danny Usengimana na Djabel, basimbuye Muhadjir na Iradukunda.
Uyu mukino wo mu itsinda C wabanjirijwe n’uwahuje Maroc (…)
MUTUNGIREHE SAMUEL
Mu gihe u Rwanda n’isi muri rusange bahangayikishijwe n’ubukana icyorezo cya covid-19 kiri gufata, ibihugu bikomeye byo bikaba byaratangiye gukingira abaturage, indi nkuru nziza ni uko ku isi hashize ibyumweru bitagera kuri bitatu habonetse umuti uvura iki cyorezo mu buryo bwo kugabanya ubukana bwacyo mu mubiri w’umuntu, Minisitiri w’ubuzima akaba yatangaje ko ku wa gatatu tariki ya 20 Mutarama 2021 uzaba wageze no mu Rwanda.
Ni inkuru yatangajwe na Minisitiri (…)
Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu Rugo nyuma.y’isesengura ry’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki ya 18 Mutarama 2021 i Kigali iyobowe na Perezida Paul Kagame.
Minisiteri y’Uburezi imaze gutangaza ko isubitse amashuri kuva ku y’Inshuke kugeza ku yisumbuye, ay’imyuga n’Ubumenyingiro akorera mu ifasi y’Umujyi wa Kigali afunzwe kuva ku wa mbere tariki ya 18 Mutarama 2021.
Bitangajwe kuri uyu mugoroba wo ku cyumweru tariki ya 17 Mutarama 2021, mu itangazo iyi Minisiteri yagejeje ku banyamakuru rigaragaza impinduka mu gihe hari hitezwe itangira ry’amashuri ku byiciro byari bisigaye.
Iri tangazo rivuga ko amashuri yo mu mujyi wa Kigali yari asanzwe (…)
Alice Umugiraneza
Ubuhinzi bwa Karoti bwateje imbere bamwe mu baturage Mukarere ka Musanze umurenge wa Busogo bituma biteza imbere, ubu bakaba bameze neza babikesha umusaruro wa Karoti babona.
Bamwe mubaturage baganiriye na Mamaurwagasabo bakora umwuga w’ubuhinzi ndetse n’ubucuruzi bwa karoti barishimira imibereho bafite badategereza akimuhana.
Nzibonera Ethien ni umuhinzi wabigize umwuga. yagize yti"njyewe ubuhinzi bwa Karoti mbumazemo imyaka10 bwanteje imbere ku buryo bugaraga kuko (…)
Minisiteri y’Ubuzima yategetse ibitaro byose bya Leta ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Mutarama 2021 byajya bivura abarwayi ba COVID-19 hagendewe ku bwishingizi bafite ubwo aribwo bwose ndetse n’abafite mituweli.
Hashize amezi agera kuri 11 Leta ariyo yishingira abarwayi ba COVID-19 mu bintu bitandukanye haba mu kubishyurira, gufatwa ibipimo ndetse no kubitaho mu gihe baba bari gukurikiranwa n’abaganga mu bitaro cyane nk’akarembeye mu bigo byabugenewe.
Kuri uyu wa gatandatu (…)
Komisiyo y’Amatora muri Uganda, yemeje ko Yoweli Kaguta Museveni ariwe watowe ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 58,64% mu gihe uwo bari bahanganye Bobi Wine yagize 34,83%.
Museveni agiye kuyobora manda ye gatandatu, izatuma yuzuza imyaka 40 ku butegetsi.
Yoweli Kaguta Museveni agiye kuyobora mand ya gatandatu ayobora Uganda, kuko yagiye ku butegetsi mu 1986 igihe Bobi wine yari afite imyaka 3 y’amavuko.
Nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa cumi ari nabwo bwa nyuma, (…)
Kuva icyorezo cya Covid-19 cyatangira guhitana umuntu wa mbere mu Rwanda kugeza tariki 14 Ugushyingo 2020, nyuma y’amezi umunani COVID-19 igeze mu Rwanda, byari amakuru adasanzwe ku Banyarwanda kumva aho iki cyorezo giterwa na Coronavirus cyahitanye abantu batatu umunsi umwe.
Mbere y’iyo tariki inshuro nke cyane ni bwo mu mibare ya buri munsi ya Minisiteri y’Ubuzima, habonekagamo abahitanywe n’icyo cyorezo barenze babiri. Byabaye ku wa 24 Kanama, ku wa 18 Nzeri 2020 no ku wa 25 Nzeri 2020 (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















