Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Mu gihugu cya Kenya habonetse ubundi bwoko bushya bwa coronavirus nk’uko bigaragazwa n’ibisubizo bya mbere byavuye mu bushakashatsi burimo gukorwa n’ikigo cy’ubushakashatsi mu buvuzi gikorana na leta, kitwa Kenya Medical Research Institute,(Kemri).
Ubwo bwoko Kenya yihariye, bwabonetse mu Majyepfo ashyira Iburasirazuba bw’igihugu ku bizamini byafashwe hagati y’ukwezi kwa gatandatu n’ukwezi kw’icumi, umwaka ushize, nk’uko byavuzwe na Kemri.
Hari hagikenewe gukorwa ubundi bushakashatsi (…)
Muri iki gitondo cyo ku wa gatanu tariki ya 15 Mutarama 2021nibwo bitangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA, ko Prof. Thomas Kigabo yitabye Imana.
Thomas Kigabo RUSUHUZWA wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yitabye Imana. Akaba yapfiriye muri Kenya aho yari yagiye kwivuriza.

≡ IBIRIMO
Umuhanga Prof Thomas Kigabo wari ushinzwe ubukungu muri BNR yitabye Imana
Whatsapp
Share
Twitter

Prof Thomas Kigabo Rusuhuzwa wari uzwi (…)
Kuva aho ibigo bitandukanye ku isi bitangiye gushyira hanze inkingo zitandukanye za Coronavirusi ndetse ibihugu bimwe byo mu Burayi na Amerika bigatangira kuruha abaturage babyo na mbere yuko OMS izemeza, kuri ubu Rwanda narwo rwatangaje ko rwiteguye mu buryo bw’ibikoresho bifashishwa mu kubika inkingo igiye cyose zaba zigeze mu gihugu.
Kuri uyu wa kane ni bwo Ikigo k’Igihugu cy’ubuzima RBC cyeretse itangazamakuru imashini eshanu ziri i Kigali mu kigo giherereye mu Cyanya cyahariwe inganda (…)
Urupfu rw’umusirikare w’u Rwanda ryatambutse mu itangazo ry’umuvugizi w’ubu butumwa bitwa MINUSCA rivuga ko igitero cyabaye kuri uyu wagatatu cyasubijwe inyuma n’ubufatanye bw’izi ngabo za UN hamwe n’iza leta.
BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko ari ubwa mbere muri iki gihugu hiciwe umusirikare w’u Rwanda kuva hakongerwa ingabo za MINUSCA, u Rwanda n’Uburusiya nabyo bikoherezayo ingabo ubwo amatora yari yegereje mu kwezi gushize.
MINUSCA ivuga ko inyeshyamba zateye nazo zahatakarije (…)
Umucamanza lain Bonomy w’Urwego rwasigaranye imirimo y’Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda, IRMCT yatangaje ko mu ntangiro za Gashyantare 2021, aribwo hateganyijwe inama ntegurarubanza y’urubanza rw’Umunyemari w’Umunyarwanda Kabuga Félicien ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Gushyingo 2020, nibwo Banomy yari yatangaje ko iyi nama yagombaga kuba hagati ya tariki 18 Mutarama na 5 Gashyantare 2021, kugira ngo yorohereze (…)
Alice Ugiraneza
Mukarere ka Musanze umurenge wa Cyuve akagali ka Kabeza abaturage barishimira ubwiherero bwiza biyubakiye babikesha ubuyobozi bwiza, buhora bubareberera ibyiza bibakwiriye.
Abaturage batuye mu kagari ka Kabeza umudugudu wa Karunyura barishimira ubwiherero bafite. babona nta byiza birenze ibyo.
Nyiransabimana Beatrice yagize ati" Mu byukuri nubwo ndi umukene ariko mfite ubwiherero bwiza kuko mbere nta bwiherero nagiraga, nashakaga kwiherera nkajya ku nsina cyangwa (…)
Ubutegetsi bwa Uganda bwategetse ko imbuga nkoranyambaga zikoreshwa na rubanda nyamwinshi zifungwa habura amasaha make ngo kuri uyu wa Kane hakorwe amatora ya Perezida arimo guhangana gukomeye.
Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, dukesha iyi nkuru, bwanditse ko Komisiyo ishinzwe itumanaho muri Uganda ku wa kabiri yategetse ibigo by’itumanaho guhagarika uburyo bwose bushobora gutuma imbuga nkoranyambaga zikora ndetse n’ubundi buryo bwo guhanahana ubutumwa.
Ntawashidikanya ko uyu mugambi (…)
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yoherereje mu Rwanda abayobozi bakuru b’umutwe w’iterabwoba wa FLN barimo Capt Jean Marie Vianney Rusine na Col Irombe baherutse gufatwa n’ingabo z’iki gihugu, FARDC.
Capt Rusine Jean Marie Vianney wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, RDF na mugenzi we bafashwe ku wa 7 Mutarama binyuze mu bikorwa by’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Congo uzwi nka Hibou Special Forces.
Rusine yinjiye muri FLN mu 2018 nyuma yo kwirukanwa mu Ngabo z’u Rwanda kubera (…)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’inzego z’ibanze mu murenge wa Kagarama mu kagali ka Kanserege ho mu karere ka Kicukiro bafashe abasore n’inkumi 17 bakoze ibirori byo mu rugo (House Party ) byo kwizihiza isabukuru y’umwe muri bo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Aba basore n’inkumi bateraniye mu rugo mu ijoro ryo kuwa 9 Mutarama 2021, bavuye mu duce dutangukanye two mu mujyi wa Kigali.
Bafashwe nyuma y’uko abaturage batanze amakuru. Abafashwe bari biteretse amacupa (…)
Umuganga wihariye wa Papa Francis, Fabrizio Soccorsi, yitabye Imana ku myaka 78.
Uyu muganga yari yaratoranyijwe na Papa ngo amubere umuganga mu mwaka wa 2015.
Byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu n’ikinyamakuru cy’i Vatikani cyitwa L’Osservatore Romano, Dr. Fabrizio yazize ingaruka yatewe no kurwara COVID-19.
Soccorci bivugwa ko yagiye mu bitaro tariki 26 Ukuboza i Roma kugira ngo akorerwe ubuvuzi bw’indwara yari asanganywe za kanseri. Kugeza ubu nta makuru aramenyekana y’igihe aheruka (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















