Ikigo giteza imbere ibijyanye no kugera kuri serivisi z’imari, Access to Finance Rwanda (AFR) cyatangije gahunda yitwa Terimbere MSME Facility igamije gufasha abakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse kubona serivisi z’imari n’ubundi bufasha bwo guteza imbere ibikorwa byabo.
Iyi gahunda izahuza ba rwiyemezamirimo bato n’abatanga serivisi zigamije guteza imbere ubucuruzi hamwe n’ibigo by’imari bibafasha kubona inguzanyo n’andi mahirwe y’ishoramari. Iyi gahunda kandi ikaba igamije gukemura (…)
Mu kigo cya Vision Jeunesse Nouvelle (VJN), mu murenge wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, hahembwe urubyiruko rwagaragaje imishinga yarushije indi. Abahembwe bose hamwe ni 21, nyuma yo kugera mu cyiciro cya nyuma cy’aya marushanwa, hari hafashwe abagera kuri 51, hanyuma hazagutoranywamo 23, nyuma hatoranywa abandi bagera kuri 21.
Musengimana Charlote, akora mu mushinga wo gukora muri salon, mu byo akora harimo ibikorwa byo gutunganya imisatsi ndetse n’inzara niwe wabaye uwa mbere muri aya (…)
Abajyanama b’ubuzima bakorera mu karere ka Kirehe bavuga ko bakusanyije amafaranga yo kubaka isoko rya kijyambere ariko ubu bakaba batazi iherezo ry’ayo mafaranga batanze. Abajyanama b’ubuzima bakorera mu karere ka Kirehe, baganiye n’umunyamakuru wa Mama Urwagasabo TV, ni abakorera mu murenge wa Mushikiri.
Aba bajyanama b’ubuzima bavuga ko batswe amafaranga n’akarere ngo hubake isoko rigezweho muri aka karere ahazwi nka Nyakarambi, ariko ubu imyaka ibiri irashize batazi irengero (…)
Abagemura imyaka ku ikusanyirizo riherereye mu murenge wa Rwabicuma mu ka karere ka Nyanza, barinubira umwanya bamara bategereje ko bafashwa gupakurura ibyo baba bazanye. Mu mudugudu wa Rwamushumba mu kagari ka Gishike mu murenge wa Rwabicuma w’akarere ka Nyanza, ni ho twasanze abashoferi n’ababafasha bazana imyaka ku ikusanyirizo riri muri aka gace aho bavuga ko baterwa igihombo no kumara igihe kinini bategereje gupakururirwa imyaka baba bazanye. Umushoferi witwa Fils ati"ikibazo dufite (…)
Mu karere ka Huye mu murenge wa Mukura akagari ka Bukomeye hari umuturage uvuga ko yatemewe ibiti bigera ku ijana by’ikawa akeka ko byatemwe niwitwa Nyandwi. Ni umuturage witwa Nyaminani Daniel twasanze mu murenge wa Mukura mu kagari ka Bukomeye mu mudugudu wa Gahanga, avuga ko aherutse gutemerwa ibiti by’ikawa bigera ku 100 akeka kko byatemwe n’uwitwa Nyandwi ngo kuko nubundi asanzwe abikorera abaturanyi be. Nyaminani yagize ati”yarazangije yahereye ku murongo avunagura asatagura ku (…)
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro gitangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari utaha wa 2025/2026, gifite intego yo gukusanya 54% by’ingengo y’imari ya miliyari 7.032,5 Frw zizakoreshwa.
RRA ivuga ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari batangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gutanga imisoro mishya iheruka kwemezwa, ibi ngo bizatuma ubukungu bw’igihugu bukomeza kuzamuka.
Komiseri mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) Niwenshuti Ronald, ubwo yari mu gikorwa cyo gusoza (…)
Mu 2015 Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemereye imodoka aba basaza n’abakecuru bibumbiye muri koperative ikora ubuhinzi n’ubworozi, nyuma y’aho bamugejejeho ikibazo cy’uko bagorwa no kugeza umusaruro wabo ku masoko, bayihabwa kuwa 17 Werurwe 2016. Iyi modoka yo mu bwoko bwa Hino bavuga ko yabafashije kongera umusaruro wa koperative kuko uretse kugeza umusaruro wabo ku masoko, yagiye ibona n’ibiraka byo gutwara amakara n’imbaho ibijyana i Kigali, ndetse ikanakodeshwa n’inganda (…)
Bamwe mu baturage bo mu tugari twa Banda na Gakenke turi hagati mu ishyamba rya Nyungwe mu murenge wa Rangiro, bamaze imyaka itandatu badafite umuriro w’amanyarazi nyuma y’aho muri 2019 inkuba ikubise ibikoresho by’mirasire y’izuba byatumaga babona umuriro w’amashayarwazi. Mu 2017 nibwo umushoramari yashyize ibikoresho bihindura imirasire y’izuba igatanga ingufu z’amashanyarazi mu isantire ya Banda yo mu Kagari ka Banda mu murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke. ---- Uyu mushinga wa (…)
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, NISR cyatangaje ko ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 7.3% ugereranije n’igihe nkiki mu mwaka wa 2024 aho byari byiyongereyeho 7%.
Igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi; kuko ariho hashobora kuboneka abifite n’abatifite mu buryo babasha kugera kuri byose nkuko impuguke mu bukungu zibitangaza. Mu mijyi mu Rwanda muri Nyakanga 2025 ibiciro byazamutseho 7.3% ugereranije na (…)
Hari bamwe mu bahinzi b’amashu bo mu mirenge ya Bugeshi na Mudende, bataka igihombo bagaragaza ko gikomeye, gituruka kukubura isoko ry’umusaruro w’amashu ku buryo ubungubu byageze aho basigaye bayagaburira amatungo. Nkuko aba baturage bakomeza babigaragaza, bavuga ko ibi byabateje igihombo gikomeye, cyane ko hari n’abari baragujije nko muri za banki, kugira ngo bahinge kino gihingwa, bagasaba leta kubashakira isoko.
Nyiransengiyumva Tasiyana, ni umwe muri bano bahinzi bataka igihombo, (…)
Mu Karere ka Gisagara mu murenge wa Musha mu kagari ka Kigarama, hari abaturage bahangayikishijwe n’abayobozi b’imidugudu babaka amafaranga bita ay’umuti w’ikaramu kugira ngo babakemurire ibibazo. Aba ni bamwe mu baturage twaganiriye batuye mu murenge wa Musha mu kagari ka Kigarama, aho bavuga ko abayobozi b’imidugudu bapfukirana ibibazo byabo kubera ko badatanga amafaranga y’umuti w’ikiramu. Umwe yagize ati “Ni amazi y’ikaramu waba udakoze mu mufuka ngo umuhe agahita aguca amazi (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























