Mugabe Aristide, umwe mu bakinnyi b’inararibonye bakiniye Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’u Rwanda, yatangaje ko yasezeye burundu gukina uyu mukino ku rwego rw’ababigize umwuga, ashyira akadomo ku rugendo rw’imyaka 18 yari amaze muri Basketball.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Mugabe Aristide yashyize hanze amwe mu mafoto ye y’urwibutso aho yari kumwe na bagenzi be bakinana Basketball maze ayakurikiza amagambo agira aAti “Uyu munsi, mu byiyumviro bivanze, nyuma y’imyaka 18, (…)
Iyo uganiye na bamwe mu bakurikiranira hafi ikipe ya Musanze fc bavuga ko yabaye iy’abantu bamwe, aho kuba ikipe y’abaturage b’Akarere ka Musanze.
Ibi babishingira ku kuba iyi kipe ibarizwa mu ntara y’Amajyaruguru igeze aho umwana arira nyina ntiyumve, cya ne ko iri ku mwanya wa 14 n’amanota 18 n’umwenda w’ibitego 4 .
Bamwe mu bakunzi ba Musanze fc baganiye na MAMAURWAGASABO TV bashyira mu majwi abayobozi bamwe ko bayigize iyabo, abandi nta jambo bakiyifoteho.
Bagize bati: ”Ikipe (…)
Abakinnyi b’amagare by’umwuga, ikipe y’u rwanda yaguriwe amagare mashya mu rwego rwo kwitabira neza irushanwa rya Tour du Rwanda 2025 rigiye gutangira mu minsi mike iri imbere.
Irushanwa mpuzamahanga rya Tour du Rwanda riteganyijwe kuba kuva tariki ya 23 Gashyantare kugeza ku ya 2 Werurwe 2025.
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda bari bamaze iminsi bagaragaza ko amagare bakinisha atagezweho, ku buryo yabafasha guhanganira imyanya myiza n’abandi bahurira mu masiganwa bitabira.
Ibyo byajyanaga (…)
Abagore babyariye iwabo bo mu murenge wa Cyuve bafashwa n’umuryango witwa "Heart of Nature", nibo begukanye igikombe cy’Umurenge Kagame Cup 2025 ku rwego rw’akarere ka Musanze batsinze Umurenge wa Gataraga penaliti 4-3.
Ibi babigezeho nyuma y’aho batsinze abandi bagore bo mu yindi mirenge yo muri Musanze yari yitabiriye iri rushanwa ngaruka mwaka ryitiriwe Umukuru w’igihugu akaba ari we uritera inkunga, rikaba rigamije kwimakaza imiyoborere myiza. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: (…)
Perezida Kagame yavuze ku gisobanuro cuatanzwe n’Umujyi wa Kigali, ku kibazo cya moteri icana amatara muri Kigali Pelé Stadium idatanga urumuri ruhagije bikaba byaratumye ubuyobozi bw’umugo busaba ko nta mikino ya Shampiyona yazongera kuhabera nijoro mu gihe icyo kibazo kitarakemuka.
Abinyujije ku rubuga rwa X ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Kanama 2024, Perezida Kagame yasubije Umujyi wa Kigali wari wanditse uvuga ko icyo kibazo kiri gushakirwa umuti urambye, harimo no kuba haratumijwe (…)
Ikipe ya Musanze fc ibarizwa mu karere ka Musanze, Intara y’Amajyaruguru yerekanye abakinnyi 29 bazayifasha mu mwaka w’imikino 2024-25 ndetse bahize umuhigo bazahigura ngo ntibadahura n’imbogamizi.
Ni igikorwa cyabaye ku gicamusi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Kanama 2024 muri Hotel yitwa Amikus yo mu karere ka Musanze.
Mu migabo n’imigambi y’umutoza wa Musanze fc Habimana Sosthene bakunze kwita Lumumba yavuze ko bashaka kuzatanga umusaruro mwiza uruta uwo babonye (…)
Imodoka y’abafana b’Ikipe y’umupira w’amaguru ya APR yakoze impanuka ubwo batangiraga urugendo berekeza muri Tanzania.
Imodoka yarimo abakunzi ba APR FC, yakoze impanuka itarasohoka mu Rwanda kuko yayikoreye Rugende ahazwi nka Nyagasambu.
Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki ya 15 Kanama 2024, i Nyahasambu mu karere ka Rwamagana.
Ikipe ya APR FC iri kwitegura umukino wa CAF Champions League ugomba kuyihuza na AZAM FC yo muri Tanzania mu mpera (…)
Vice Perezida w’ikipe ya Rutsiro fc, Uwamahoro Thaddee yashimangiye ko Rutsiro fc izahatana muri uyu mwaka w’imikino wa 2024-25 kuva ku mukino wa mbere kugeza kuwa nyuma.
Yabitangaje nyuma gato y’umukino wa gicuti wabahuje n’ikipe ya Musanze fc banganyijemo igitego 1-1.
Ni umukino wabereye kuri stade Ubworoherane mu karere ka Musanze, kuri uyu wa kane tariki ya 8 Kanama 2024 mu rwego rwo kwitegura shampiyona y’icyiciro cya mbere igomba gutangira tariki ya 15 Kanama 2024, aho amakipe (…)
Mu kiganiro amaze kugirana na Mamaurwagasabo.rw, umutoza wungirije wa Musanze fc akaba na (Team manager) Imurora Japhet bakunze kwita "Drogba, avuze uburyo Mugiraneza Jean Baptiste bakunze kwita Migi ari umwana kuri we bityo ngo agomba gutuza akajya yubaha abakuru.
Mu minsi yashyize ku mbuga nkoranyambaga no ku bitangazamakuru bitandukanye by’umwihariko mu biganiro bya siporo, humvikanye amajwi y’umutoza Migi avuga ko atongereye amasezerano muri Musanze fc ngo bitewe nuko bamusuzuguye, (…)
Ikipe ya Musanze fc imaze gutsindira Gasogi United kuri stade Ubworoherane, ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona, ishimangira umwaanya wa Gatatu n’amanota 47.
Ni umukino wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 3 Mata 2024 ku isaha ya saa cyenda zuzuye kuri stade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze.
Umukino wari witabiriwe n’abafana benshi b’aya makipe yombi, ndetse wari ukomeye ku mpande zombi aho Musanze fc yatangiye ifite igihunga, ibintu byaje gutuma itsindwa n’igitego ku (…)
Ubwo hasozwaga imikino y’amashuri mu karere ka Musanze izwi nka (Sport scolaire) hagaragaye itekinika ry’ibyangombwa mu guhindurira abana imyaka kugira ngo bakine mu cyiciro badakwiye ndetse bataha badahawe ibikombe. Ni ibintu bamwe mu bayobozi by’amashuri bashobora kuryozwa mu gihe RIB yabyinjiramo.
Iri tekinika ryo guhimbira abana ibyangombwa, ababivuga bavuga ko usanga amashuri amwe namwe asa n’amaze kubigira umuco ku buryo usanga umwana ufite imyaka 17 akina mu cyiciro cy’ab’imyaka (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























