Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Raporo y’Ubwisanzure bw’itangazamakuru y’uyu mwaka, 2022, yerekanye ko u Rwanda rwazamutse mu myanya, ruzamukaho imyaka 20 rugera ku mwanya wa 136 ruvuye kuri 156.
Ni raporo ikorwa n’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka, Reporters sans frontières (RSF) yasohotse kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 3 Gicurasi 2022, ubwo hizihizwa umunsi w’ubwisanzure bw’itangazamakuru.
Kuri raporo y’umwaka ushize ku rutonde rw’ibihugu 180, u Rwanda rwari ku mwanya wa 156, naho u Burundi bwari ku mwanya wa (…)
Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kongera amafaranga mu Kigega Nzahurabukungu, (Economic Recovery Fund), agera kuri miliyari 150frw, mu karere ka Kicukiro haracyari abacuruzi bavuga ko bifuza kubona kuri ayo mafaranga ariko ntibamenye aho babariza n’uko bayageraho kugira ngo babone inguzanyo ihendutse ishobora kubafasha kuzahura ibikorwa byabo byagizweho ingaruka na COVID-19 nk’uko n’abandi bayifashishije.
Mu kwezi kwa Gatatu, Guverinoma yatangaje ko igiye kongera mu Kigega (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Gakenke mu mirenge ya Mataba ,Coko ,Gakenke na Kivuruga, hakomeje kugaragara abana bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 11 na 15 bagikoreshwa imirimo ivunanye, aho bamwe ubasanga mu birombe by’amatafari abandi mu kwikorera ibisheke babijyanye ku isoko mu gihe abandi ubasanga mu dusantere hirya no hino mu mirimo itandukanye itajyanye n’ikigero barimo.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga mu muri iyi mirenge yabonye abana bari mu (…)
Ahagana saa 2h 15min z’ijoro nibwo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter hongeye gusakazwa amafoto aherekejwe n’amagambo y’akababaro, atabariza aborozi bo mu Bigogwe ko inka zabo zatangiye kugirirwa nabi, aho bigaragara ko inka imwe yabazwe n’abantu bataramenyekana, basiga bayikuyeho uruhu bayisiga aho.
Ubutumwa bwairaga buti, "Ese birakwiye ko ikibi gisa n’ikibaye akamenyero mu #Rwanda rw’ubu tuzi ko ari intangarugero mu kurengera umutekano w’abarutuye n’ibyabo?
Kanzenze, Bigogwe, Mudende (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Kuboneza urubyaro ni uburyo bukoreshwa n’abari mu gihe cyo kubyara bashobora kubasha kugena igihe bifuza kuzabyaramo, nyuma y’igihe runaka bihaye kugira ngo babashe kubyara abo bashoboye kurera bikaba kandi n’uburyo bwo gufasha igihugu kujyanisha ubwiyongere bw’abaturage n’umuvuduko mu iterambere rigera kuri buri muturage.
Si abagabo benshi bashobora gutekereza ko umugore bashakanye ashobora kunanirwa n’uburyo hafi ya bwose bwo kuboneza urubyaro (…)
Yanditswe na Umugiraneza Alice
Ubwo hakorwaga umuganda mu murenge wa kinigi ku musozi wa Bisate, kuri uyu wa gatatu, abaturage bavuga ko batewe impungenge n’iriduka ry’umusozi wa Bisate, bagasaba ubuyobozi gukomeza kubafasha kurwanya isuri kuri uwo musozi cyane ko abahafite imirima ari abakecuru badafite imbaraga zo guca imirwanyasuri.
Bamwe mu baturiye umusozi wa Bisate babwiye Mamaurwagasabo ko uyu muganda wakozwe hari byinshi ugiye guhindura kuri uwo musozi ariko banagaragaza zimwe mu (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro batangaje ko ruswa ishobora gucika mu gihe abayobozi mu nzego z’ibanze zibegereye batanze serivisi uko umuturage afite uburenganzira bwo kuyihabwa, kuko gusiragiza umuturage ari byo bituma atekereza ko uwo muyobozi ashaka ko usaba serivisi yibwiriza kumuha akantu gatuma amuha serivisi byihuse kuruta uko agomba gutegereza inzira n’igihe cyagenwe.
Babitangaje (…)
Yanditswe na Alice Umugiraneza
Ubwo abaturage 204 bahagarariye abandi bo mu murenge wa Cyuve basuraga Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi ndetse n’Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside ya korewe Abatutsi batangaje ko basobanuriwe amateka y’uko Jenoside yateguwe n’abayiteguye,banasobanurirwa inzira nuburyo FPR Inkotanyi yahagaritse Jenocide.
Aba baturage bavuga ko nyuma yo gusobanukirwa amateka uko Jenoside, uko yateguwe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Burera mu murenge wa Gahunga mu kagari ka Kidakama, umudugudu wa Kajevuba hari abaturage bavuga ko babangamiwe n’uruganda ruconga amapave ruri hagati mu ngo z’aturage, bagashyira mu majwi Ikigo Gitsura ubuziranenge RSB ko ari cyo nyirabayazana kubera ko ari cyo gifite inshingano zo gutanga ibyangombwa.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga mu mudugudu wa Kajevuba aho uru ruganda rukorera, yakirijwe ubusabe bw’ubuvugizi (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 27 Mata 2022, Ubutabera bwa Sweden bwohereje Umunyarwanda Jean Paul Micomyiza ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda.
Indege ya RwandAir yari itwaye Micomyiza yageze ku Kubuga Mpuzamahanga cya Kanombe i Kigali ahita atabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko bwashyiriyeho impapuro zo guta muri yombi uyu Jean Paul Micomyiza kubera (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















