Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko Ambasaderi Santa Mary Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yitabye Imana, ivuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku rwego rw’ububanyi n’amahanga bw’icyo gihugu.
Amb. Kinyera yaguye mu bitaro bya Mulago Specialized National Referral Hospital aho yari ari kwivuriza indwara itatangajwe.
Mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri, iyi Minisiteri yagaragaje agahinda n’akababaro kenshi itewe n’uru (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze, mu Murenge wa Cyuve, mu kagari ka Rwebeya mu mudugudu wa Nganzo hari abaturage bavuga batabaza Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nyuma yuko bamaze imyaka 5 barara bahagaze kubera ikibazo cy’amazi yaretse mu muhanda ari menshia akaba asigaye abasanga mu mazu zabo, muri iyo myaka yose niko bandikiraga ubuyobozi bw’Akarere babwereka ikibazo bafite batabonera ubushobozi bwo kwikemurira ariko bwabimye amatwi.
Babitangarije (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Bayisenge Jeannette yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru kugira uruhare mu gushakira umuti ikibazo cy’amakimbirane mu miryango, ahanini gifatwa nka nyirabayazana w’ibibazo bitandukanye birimo n’igwingira mu bana.
Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Gicurasi 2022 ahbuha abayobozi b’Intara y’Amajyaruguru, abagize amatorero n’amadini n’indi (…)
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yatangaje ko u Rwanda rwirinda kwivanga mu bibazo by’abaturanyi barwo,. ubwo yavugaga ku birego bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ko u Rwanda rufite akaboko mu mirwano iri kubahanganisha n’umutwe wa M23.
Ni ibirego bije nyuma y’uko hari intambara imaze igihe gito yubuye hagati y’ingabo za Repubulika ya Demukarasi n’inyeshyamba z’umutwe wa M23, hakumvikana amajwi ashinja u Rwanda kuba inyuma ibitero byanagize ingaruka ku Rwanda (…)
Yanditswe na Mutesi Scovia
Mu rubanza rwa Bucyibaruta Laurent rurimo kubera i Paris mu Bufaransa, abatangabuhamya batandukanye bagaragaje uruhare rw’inzego z’umutekano mu iyicwa ry’Abatutsi bari i Murambi.
Amazina yagarutsweho cyane muri uru rubanza rurimo kubera mu rukiko rwa Rubanda, i Paris, mu Bufaransa, ni Capitaine Sebuhura, abajandarume na Burugumesitiri Semakwavu wayoboraga komini Nyamagabe.
Bagaragaje uruhare rwabo mu iyicwa ry’Abatutsi bo muri Gikongoro cyane cyane abiciwe i (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Kuri uyu wa kane ni bwo umusore w’imyaka 34 Ishimwe Diedonne yagejejwe imbere y’inteko y’abacamanza mu rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo kugira ngo aburane ku ifungwa n’iifungurwa ry’agateganyo ry’iminsi 30 mu gihe agikurikiranwa n’ubutabera ku byaha akurikiranyweho.
Uyu musore usanzwe atuye mu Busanza muri Kanombe, mu karere ka Kicukiro, aheruka kujuririra umwanzuro umufunga w’urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu murenge wa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Clause
Mu nama nyungurana bitekerezo yari igamije kureba aho imyiteguro yo kwakira inama mpuzamahanga y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma b’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) igeze, yahuje abanyamahoteli n’abandi bakora ibikorwa by’ubukerugedo bo mu karere ka Musanze, basabwe kuzakira neza abaabagana kugira ngo bazajyane isura nziza y’u Rwanda mu gihugu hose.
Ni inama biteganijwe ko izakira abazaba barenga ibihumbi bitandatu, ikaba (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gicurasi 2022 urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rurekuye Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa, ukurikiranyweho ibyaha byo guhimba inyandiko hagamijwe gushinjura Ishimwe Diedonne, AKA, Prince Kid ku byaha akurikiranyweho byo gushaka inshimishamubiri.
Ni umwanzuro urukiko rufashe nyuma yo gusuzuma dosiye irega Miss Rwanda 2017 Iradukunda Elsa no kumva ubusabe b’ubushinjacyaha bwasabye ko butagikurikiranye dosiye y’uwo bwashinjaga, (…)
Kuri uyu wa Kabiri, nibwo Nyampinga w’u Rwanda, Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yagejejwe ku rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu murenge wa Kagarama, kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, birangira umucamanza ashyize urubanza mu muhezo ku mpamvu y’ibishobora kuzavugirwa mu iburanisha.
Miss Iradukunda yatawe muri yombi, ku wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022 nibwo dosiye yashyikirijwe urukiko, aregwa ibyaha bitatu: guhimba, guhindura inyandiko cyangwa gukoresha (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mukamana olive w’imyaka 26 uboneka mu murenge wa Kinigi aravuga ko hagiye gushira hafi imyaka ibiri asembera atagira aho gikinga umusaya, none arasaba ko Leta yagira icyo imufasha akabona aho kuraza urubyaro rwe nawe ubwe.
Ubwo umunyamakuru wa Mamaurwagasabo yageraga mu murenge wa Kinigi yasanze hari umuturage wari umaze gusohorwa mu biro by’umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Kinigi (Affaire social) arimo kurira, abajijwe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Nkurikiyinka Emmanuel, ni umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 arashimira kinyamakuru Mamaurwagasabo giherutse kumukorera aho yararaga anyagirwa none kuri ubu akaba inzu ye yatangiye kubakwa bahereye ku isakaro.
Ubwo duherutse kubagezaho inkuru y’uyu muturage wari umaze imyaka irenga 5 anyagirwa, atuye mu murenge wa Cyuve, nyuma y’icyumweru kimwe ari kubyinira ku rukoma kuko inzu ye yamaze gusakarwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Cyuve n’umufatanyabikorwa (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















