Urwego rushinzwe ubutasi muri Iran rwatangaje ko rwakoranye n’ingabo za Islamic Revolutionary Guard Corps mu gikorwa cyo gukumira hakiri kare imitwe ishaka ubwigenge ihanganye na Iran ivugwaho gushyigikirwa na USA na Israel, yari igiye kwinjira mu burengerazuba bwa Iran igamije kugaba ibitero by’iterabwoba.
Mu itangazo ryatangajwe n’ikinyamakuru cya Tasnim News Agency, iyo minisiteri yavuze ko ingabo za Iran zagabye ibitero ku birindiro byinshi by’iyo mitwe ndetse zinasenya ibikoresho (…)
Umujyanama wa Perezida wa Ukraine, Mikhailo Podolyak yatangaje ko igihugu cye gisaba Uburusiya guharika intambara ku butaka bwa Ukraine.
Yabitangaje mu biganirio byabaye imbonankubone hifashishijwe iya kure hagati y’abayobozi ku mpande zombi, Ukraine n’Uburusiya, kuri uyu wa Gatatu.
Bwana Mikhailo Podolyak yavuze ko ibyo igihugu cye gisaba byashoboka cyane binyuze mu nzira z’ibiganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi, Zelenskyy na Putin.
Uburusiya bwo buhagaze ku mwanzuro umwe, wo (…)
Urukiko rukuru rwakatiye Jean Baptiste Mugimba gufungwa imyaka 25 rumuhamije ibyaha byo gucura umugambi wo gukora jenoside, no kuba ikitso mu gukora jenoside.
Mugimba, wahoze ari umukozi wa Banki nkuru y’u Rwanda wafatiwe mu Buholandi akoherezwa mu 2016, yaburanye ahakana ibi byaha kandi yahise ajuririra icyo gihano. Kuwakane inteko y’abacamanza b’uru rukiko bamihamije ibi byaha bashingiye ku buhamya.
Rwemeje ko Mugimba yayoboye inama y’ikiswe ’comité de crise’ muri Mata (4) 1994 (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Nyinawumuntu Claudeni ni umugore utuye mu mudugudu wa Biryogo mu mu kagari ka Biryogo mu murenge wa Gashora ho mu karere ka Bugesera, uvuga ko mu mpera z’umwaka ushize, 2021, yapfushije umusore w’imyaka 17 azize urugomo rwo gukubitwa no gukomeretswa yakorewe n’undi musore utaramenyekana amazina ye n’aho aturuka, none kugeza ubu ntarahabwa ubutabera ku mwana we, akikoma RIB ko urubanza rwe rusa n’urwibagiranywe.
Ubwo umunyamakuru yageraga mu gasantere ka (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Gakenke, bavuga ko bagikorerwa ihohoterwa n’abagabo babo mu ngo ariko bagatinya kubivuga, batinya ko byabateza amakimbirane bityo bagahitamo ku biceceka.
Ni mu gihe Leta y’u Rwanda yiyemeje kurandura burundu ihohoterwa rishingiye ku gitsina, mu rwego rwo guha agaciro abagore.
Bamwe mu baganiriye na Mamaurwagasabo barimo Uwamariya Dancilla, twamusanze mu murenge wa Rusasa, avuga ko abagore bagifata umugabo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko ko hamaze iminsi hagaragara amakuru y’ibicuruzwa byazamutse mu bicoro ariko yikoma abantu babihuza n’intambaza ziri kuvugwa hanze, yemeza ko ibiciro byazamutse ari ku bicuruzwa bike by’ibintu biva hanze.
Yabitangaje mu Kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu, hagarukwa ku bukungu bw’igihugu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. ngirente yavuze ko iyo urebye ku isoko ry’u Rwanda uko ibintu bihagaze (…)
Yanditswe na Mutesi Scovia
Mukangarambe Vestine ni umugore w’abana batatu watawe n’umugabo, atuye mu mudugudu wa Kibazi akagari ka Cyura, mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko abayeho mu buzima bumugoye cyane nk’umubyeyi wabyaye umwana ufite ubumuga bwa burundu uhora asabwa kumuhora iruhande, ariko akababazwa nuko n’abayobozi mu nzego z’ibanze bamwimye imirimo ya VUP igenewe abari mu kiciro cya Mbere cy’ubudehe akabura n’ubufasha bugenewe abafite ubumuga nk’ubw’umwana (…)
Umuyobozi wa Dasso mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kubera icyaha akekwaho cyo kwakira ruswa.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko uwo muyobozi w’Urwego rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga umutekano (Dasso) yafashwe ku wa 12 Werurwe 2022 akekwaho kwaka no kwakira ruswa y’ibihumbi 50Frw.
Ati “Akekwaho icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa y’ibihumbi 50Frw. Ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Umwalimu utuye mu karere ka Rukindo mu ntara y’Amajyaruguru, Kabera Lucien, aratabaza Leta ngo arenganurwe, nyuma yuko ubwo hubakwaga umuhanda Base-Gicumbi yabariwe inzu ze ebyiri ziri mu tugari tubiri two mu murenge wa Kisaro, abandi barishyurwa ariko we ategereza ko azishyurwa kugeza ubu yarahebye ndetse n’ikizere cyarayoyotse cyane ko abanyuma bahawe amafaranga ndetse imirimo yo kubaka uwo muhanda ikaba yararangiye.
Uyu mwalimu uri kusa ikivi cye mu (…)
Kuri uyu wa kabiri nibwo abayobozi baturutse mu bihugu bya Czech Republic, Poland na Slovenia berekeje i Kyiv mu Murwa Mukuru wa Ukraine mu gutanag ubufasha busesuye.
Aba bayobozi baje gutanga ubufasha mu gihe Uburusiya bwarashe ibisasu ku nyubako y’umuturirwa iri mu Murwa mukuru Kyiv igasenyagurika hakaba hari kwitabaza inzego zishinzwe kuzimya inkongi.
Kugira ngo abo bayobozi nabwo bagere muri Kyiv byasabye ko bagenda na Gale ya Moshi kuko izindi nzira bitoroshye kubona uburyo (…)
Polisi y’u Rwanda yabujije imisigiti yo mu Mujyi wa Kigali kongera guhamagara abayoboke bayo ku isaha yo gusali, icyo bita "Gutora Adhana", ku mpamvu yise ko icyo gikorwa giteza urusaku bikabangamira abaturage.
Ni ibisobanuro yatanze nyuma yuko kuri uyu wa mbere Polisi isubije abibazaga impamvu imisigiri yo muri Kigali yabujijwe Gutora Adhana, igikorwa bamenyereye kwifashushamo indangururamajwi hejuru y’imisigiri.
Polisi y’u Rwanda yasibije ko yabikoze ishingiye ku itegeko, riteganya ko (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















