Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Umunyamategeko wa Robert Kelly yasabye ko arekurwa nta nteguza, nyuma y’uko akubiswe n’uwo bafunganye muri gereza.
Steve Greenberg yavuze ko umukiriya we yasagariwe muri gereza ya Chicago aho afungiye ategereje urubanza ku birego byerekeranye n’imibonano mpuzabitsina.
Urugero rw’ibikomere yatewe n’uko gukubitwa ntabwo ruzwi nk’uko uyu munyamategeko yabyanditse kuri Twitter.
Kelly ahakana ibyaha byinshi aregwa birimo gusambanya abakobwa bakiri abana no gucuruza abantu bigamije (…)
Imibare ya Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda, igaragaza ko kugeza ku wa 24 Kanama, umubare w’abarwayi ba Coronavirus wari 3 089, muri bo abagabo bakaba 2 124 bingana na 68.76% naho abagore bakaba 965.
Inkuru ducyesha Igihe.com ivuga ko Ibi kandi si umwihariko w’u Rwanda kuko imibare igaragaza ko Coronavirus yibasiye cyane abagabo kurusha abagore mu bihugu nk’u Bushinwa, Amerika ndetse n’u Butaliyani. Nibura abagabo banduye ku kigero cya 20% kurusha abagore ndetse ni na bo bazahahazwa cyane (…)
Saa moya z’ijoro ni yo saha yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri ngo abantu babe bageze mu ngo zabo, ku mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 27 Kanama 2020, Police y’u Rwanda yatangiye gufata abari bakiri mu nzira benshi bashyizwe muri Stade ya Kigali babaramo. Iyi ni imwe mu ngamba zafashwe n’Inama y’Abaminisitiri mu rwego rwo kugabanya ubwandu bwa COVID-19 igenda ifata intera mu Rwanda. Umunyamakuru w’Umuseke yagenzuraga uko mu muhanda byifashe, imihanda ya Nyamirambo yeraga nta muntu urimo mu masaha (…)
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser Prado ifite ibirango, RAE 583N yagonze abantu mu bihe bitandukanye ihereye ku munyegare, nyuma igonga umumotari n’umugenzi yari ahetse bombi bahita bapfa, yaje gutangirwa n’uko yagonze igiti mu bantu yari itwaye hapfamo umwe.
Impanuka yabereye mu Mudugudu wa Plage, Akagari ka Nyarusange, Umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana.
Abatanze amakuru y’ibyabaye bavuga ko Toyota Land Cruiser Prado RAE 583N yari itwawe na RUZINDANA (…)
Uwo musore yafashwe kuri Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2020, afatanwa impapuro zigera kuri 380 aho buri rumwe yari kurukoramo inoti y’amafaranga 1000. Ayo yari agiye gukora yose hamwe ni ibihumbi 380 Frw.
Yafatiwe mu Mudugudu wa Butare mu Kagari ka Gasange ku makuru yatanzwe n’abaturage bamubonye bahita babimenyesha Polisi.
Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rubuga rwayo rwa twitter yatangaje ko yafashwe ku makuru yatanzwe n’abaturage
Yagize iti “Ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi (…)
Nyuma yaho ikinyabutabire cya ’nitrate d’ammonium’ (ammonium nitrate) giturikiye kikangiza byinshi ku cyambu cy’i Beirut muri Liban, hari impungenge ku buryo kibitsemo mu bice bitandukanye ku isi.
Nkuko tubicyesha BBC Iki kinyabutabire - gifite ikirango (formule/formula) cya NH₄NO₃ - gikoreshwa cyane ku isi nk’ifumbire cyangwa mu gukora intambi (urutambi) zifashishwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ariko hari amategeko akaze agenga aho gishobora kubikwa ndetse no ku gihe gishobora (…)
Brazil imaze kugira abantu barenga 100,000 bishwe na Covid-19, igihugu cya kabiri gifite benshi bapfuye ku isi, mu gihe kandi iki cyorezo muri iki gihugu kitagaragaza gucogora.
Nkuko tubucyesha BBC Iyi virusi yishe abantu 50,000 mu mezi atatu ya mbere, ariko uyu mubare wikubye kabiri mu minsi 50 gusa. Bamaze kugira abantu barenga miliyoni eshatu banduye iyi ndwara.
Abahanga mu buvuzi bavuga ko iki cyorezo muri Brazil kitaragera ku gasongero mbere yo gucururuka, ariko ubu bamaze gufungura (…)
Urwego rw’ibanga rwasohoye igitaraganya Perezida Donald Trump wa Amerika mu kiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’amasasu yarasiwe hanze y’ibiro bye White House.
Umukozi w’urwo rwego rufite mu nshingano kurinda abategetsi bakuru n’imiryango yabo, yazamutse aho Bwana Trump yari ahagaze ariho avuga maze aramwongorera.
Mu gihe yahise asohorwa muri icyo cyumba Bwana Trump yumvikanye avuga ngo "Oh" na "Ni ibiki biri kuba?". White House yahise ifungwa yose kubera ibi byabaye kuwa mbere.
Hashize (…)
Guverinoma ya Liban yeguye nyuma y’uko umujinya wa rubanda ukomeje kwiyongera kubera guturika kwabayeho kuwa kabairi ushize ku cyambu cya Beirut hagapfa abantu barenga 200.
Itangazo ryo kwegura kw’iyi guverinoma ryasomwe na minisitiri w’intebe Hassan Diab kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa mbere nijoro.
Abantu benshi bashinje ubutegetsi bw’iki gihugu uburangare na ruswa nk’impamvu zateye iri turika rikomeye. Abigaragambya mu mihanda bahanganye n’abapolisi ku munsi wa gatatu (…)
Abadepite basanga hakwiye kubaho uburyo abantu batakaje akazi kubera impamvu zitandukanye zirimo amavugurura, guhagarikwa mu kazi n’izindi, bajya bahabwa pansiyo yabo kabone n’iyo baba batarageza imyaka iteganywa n’itegeko 60.
Babisabye ubwo kuri uyu wa Mbere bakomezaga gutora ingingo zigize umushinga w’itegeko rigena sitati rusange igenga abakozi ba Leta.
Ingingo ya 85 y’iri tegeko, iteganya ko umukozi wa leta wujuje imyaka 65 y’amavuko afata ikiruhuko cy’izabukuru, iki gihe nibwo (…)
Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
23 February 2026, by Chadadi Habimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.



















