Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Amabandi yitwaje intwaro gakondo hamwe n’imbunda, yateye abaturage bo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru mu ijoro ryakeye arabakomeretsa abatwara n’imitungo irimo amafaranga, televiziyo, inkweto n’ibindi.
Ubwo bugizi bwa nabi bwabaye ahagana saa tatu z’umugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 10 Kamena 2018 aho ayo mabandi yateye mu Gasanteri ka Cyamutumba gaherereye mu Kagari ka Mukuge mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru.
Bamwe mu bakomerekejwe n’ayo mabandi barwariye mu bitaro (…)
Mu gihe usanga hari ibihugu bigenda bifungurira amarembo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku bantu barwaye indwara zikomeye kandi zibabaza cyane, Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) yo yagaragaje ko inyungu irimo ari nke ugereranyije n’ingaruka byagira ku mibereho myiza n’iterambere u Rwanda rushyize imbere.
Mu bihugu bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, , usanga urumogi rufatwa nk’umuti wakwifashishwa mu kugabanya ububabare, kunanirwa kurya, ihungabana (post-traumatic stress (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye umushumba mushya w’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), Musenyeri Dr. Laurent Mbanda, guharanira guteza mbere imibereho myiza y’abayoboke yahawe kuyobora.
Yabitangaje kuri iki Cyumweru mu muhango wo kwimika Musenyeri Laurent Mbanda wahawe inkoni yo kuyobora EAR asimbuye Musenyeri Dr. Onesphore Rwaje.
Minisitiri w’Intebe Ngirente yashimiye Musenyeri Mbanda amwizeza ubufatanye bwa Guverinoma mu nshingano nshya yahawe.
Dr. Ngirente (…)
Umuryango wa FPR Inkotanyi ukomeje gushakisha abakandida bazawuhagararira mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2018, kuri uyu wa Gatandatu yabereye ku rwego rw’akarere.
Hamwe mu ho IGIHE yakurikiranye aya matora mu Mujyi wa Kigali, yabonye abakandida 20 baturutse mu mirenge bivuga ibigwi n’icyo bazakora baramutse batowe, nyuma abanyamuryango barenga 700 bahitamo bane bazazamuka ku rwego rw’akarere.
Abo bane barimo abagore babiri n’abagabo babiri batowe bazashyikirizwa umuryango (…)
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rutigeze rwangira kwinjira mu gihugu Twagiramungu Faustin wigeze kuba Minisitiri w’Intebe ariko usigaye uba mu buhungiro mu Bubiligi, ahubwo ko ashaka kurwinjiramo yakwaka visa ahageze.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Jeune Afrique, yabajijwe kuri Kayumba Nyamwasa urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ariko uba mu buhungiro muri Afurika y’Epfo, niba hadashobora kubaho ibiganiro n’iki gihugu ku kibazo cye.
Ni ikiganiro cyasohotse mu nimero 2996 aho (…)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuva uyu mwaka watangira hamaze gusezererwa abapolisi basaga 50 bazira ibyaha bya ruswa, ishimangira ko kurwanya ruswa biri mu murongo igenderaho wo gutuma abaturage barushaho kuyigigira icyizere.
Ni mu kiganiro cyifashishije twitter cyatangirwagamo ubutumwa bwo kurwanya icyaha cya ruswa, uburyo bwo kucyirinda no kugikumira hamwe n’ingamba zashyizweho mu kurwanya ruswa, cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.
Cyahuje Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu (…)
Kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Kamena 2018, Ubwo yari mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24, abari abakirisitu, abanyeshuri n’abarezi b’ishuri ry’Itorero Eglise Evangelique Des Amis Au Rwanda, Depite Muhongayire Christine yavuze ko nta magambo aboneye yakoresha mu gushimira ubwitange n’imbaraga Ingabo zahoze ari iza RPA, mu guhagarika Jenoside ndetse n’uburyo Umuryango RPF Inkotanyi ukomeje kubaka u Rwanda nyuma y’amahano yarugwiririye.
Iki gikorwa cyo kwibuka abari abakirisitu b’Itorero (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo, yatangiye urugendo rumuganisha ku kuyobora ubunyamabanga bw’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bivuga Igifaransa (OIF).
Amatora y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango ategerejwe mu Nteko Rusange yawo ya 17 izabera i Yerevan muri Armenia ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.
Mushikiwabo uherutse kwemezwa nk’umukandida na Perezida Kagame ndetse kandidatire ye igashyigikirwa na (…)
Abanyamakuru bakwiye kuba bazi abo babwira kandi bakamenya kubwira abakurikira ikinyamakuru bakorera aho ikibazo kiri aho cyaturutse nuko cyacyemuka aho kuvuga uko ikibazo kimeze gusa.
Ibyo babigarutsweho mu mahugurwa y’iminsi itanu arimo kubera mu karere ka kamonyi yateguwe na IWMF(International Women’s Media Fundation)hagamijwe guhindura imikorere idashimwa n’ababakurikira mu nkuru.
Ubu bumenyi burimo guhabwa abanyamakuru aho barebera hamwe imikorere yabo mugutangaza amakuru yabo (…)
Kuba hari umwanda ugaragara mu karere ka Gasabo, niyo ntandaro yo kuba hakiri indwara y’amavunja. ibi bikomoka mu myumvire y’abaturage cyane cyane mu mirenge y’inkengero y’umugi.
ibi byavugiwe mu kiganiro n’abanyamakuru, cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 5 kamena 2018, aho batanze urugero rwa umurenge wa Bumbogo aho bakomeza kwigisha kugira isuku, bakabigira umuco.
Umuyobozi wa karere ka Gasabo Rwamurangwa Steven yagize ati"nubwo bakanguriwe kugira isuku, guhandura amavunja, nabyo (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















