Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku mugoroba wo ku wa mbere - tariki ya 23 Gashyantare (2) , yahakanye amakuru avuga ko Jenerali Daniel Kane, uzwi ku izina rya "Razen", arwanya ibikorwa bya gisirikare kuri Irani.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga , Perezida Trump yanditse ko ayo makuru ari "ibinyoma rwose"
Yashimangiye ko Jenerali Kane, kimwe n’abandi basirikare bakuru, badashaka intambara, ariko iyo hafashwe icyemezo cyo gufata ingamba za gisirikare kuri Irani, yizera ko (…)
Stacey Abrams, umugore w’Umunyamerika yateye intambwe ya mbere ishobora gutuma yandika amateka yo kuba umwirabura wa mbere ubaye Guverineri w’imwe muri Leta zigize Amerika.
Stacey Yvonne Abrams usanzwe ari umunyapolitiki, umunyamategeko, umwanditsi n’umushoramari yatsinze itora ry’ibanze aho yari ahanganye na Stacey Evans uhagarariye Leta ya Georgia mu matora yabaye ku wa Kabiri.
Uyu mugore w’imyaka 44 yatanzwe n’Ishyaka ry’Aba- Démocrates ngo arihagararire mu matora ya ba Guverineri (…)
Uwimana Consolata, umugore wubatse amateka akomeye ku bw’ubuhanga bwihariye mu gukina ikinamico mu Rwanda, ni umwe muri bake babirambyemo imyaka irenga 30.
Afite imyaka 53, afite bana batanu[abahungu bane n’umukobwa umwe]. Iyo muganira ntavuga byinshi ku buzima bwe bwite gusa akunda kugaruka cyane ku buryo yirwanyeho akita ku muryango nyuma y’imyaka 24 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.
Yabyirutse ari umukobwa ushabutse ndetse abo biganye mu mashuri abanza bamufiteho urwibutso (…)
Mu ngendo z’Abadepite basura amashyirahamwe y’imikino basanze hari imikoranire itari myiza hagati yayo na Minisiteri y’imikino, uyu munsi bahamagaje Minisitiri Julienne Uwacu ngo ababwire impamvu yabyo, yavuze ko ntako batagira mu kuyafasha kandi n’ahandi siporo iteye imbere atari uko Leta ishyiramo amafaranga menshi.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda akenshi avuga ko Minisiteri itayafasha bikwiye, yanayafasha ngo ntiyareshyeshye,imikino imwe igashyirwa imbere. Minisitiri yabwiye (…)
Mukeshimana Seraphine wo mu Kagari ka Gihembe, Umurenge wa Kageyo, Akarere ka Gicumbi, yavuze ko hari umusore umaze ibyumweru bitatu amusambanyirije intama, akaba yidegembya atarafashwe ngo ahanwe.
Intama ya Mukeshimana yasambanyijwe n’umusore bivugwa ko aba mu nkambi y’impunzi ya Gihembe ariko ngo nta gihano yahawe.
Inkuru dukesha Tv1 ivuga ko mu ntangiriro za Gicurasi 2018 uwo musore yavuzweho gusambanya intama ahita aburirwa irengero.
Ku wa 21 Gicurasi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa (…)
Itsinda ry’abagore mu Mudugudu wa Nete, Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye bavuga ko mu myaka mike ishize bari bafite abana bagaragaraho imirire mibi, ariko ko ubu iki kibazo cyarangiye bakaba bageze ku rwego rwo kuzigama no kugurizanya.
Abagize iri tsinda imibereho yabo yagiye ihinduka nyuma yo kuryinjiramo.Abagize iri tsinda imibereho yabo yagiye ihinduka nyuma yo kuryinjiramo.
Kuri uyu wa mbere, ubwo abakozi b’Umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta “CATHOLIC RELIEF SERVICE (…)
Umwana uri mukigero cy’imyaka 17 wo mu Mudugudu wa Kamatare, mu Kagari ka Kagoma, mu Murenge wa Gakenke wo mu Karere ka Gakenke yishe umukecuru w’imyaka 92 ku munsi wo kuwagatatu tariki 16/05/2018 ahagana saacyenda z’amanywa.
Uyu mwana ngo yishe uyu mukecuru witwa Bapfakuvuga Mariya amukubise ishoka mu mutwe, aho yabanje kumuhambira amaguru n’amaboko amupfukisha n’ikideyi mu mutwe ubundi ahita amukubita ishoka zigera muri eshanu. Kuko basanze umutwe wose wamenaguritse nk’uko byemezwa (…)
Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda iritegura kwakira ibisigazwa bitagatifu (Reliques) bya Tereza w’Umwana Yezu, ufatwa nk’umurinzi w’iyogezabutumwa ku Isi hose, akaba n’Umutagatifu washyizwe mu rwego rw’abahanga ba Kiliziya.
Ibaruwa Abepiskopi Gatolika bo mu Rwanda bageneye Abakirisitu babategurira kwakira ibisigazwa by’uyu mutagatifu, igaragaza ko azaba ari mu gihugu kuva ku itariki 15 Kamena kugeza ku itariki ya 30 Nyakanga 2018.
Mutagatifu Tereza w’umwana Yezu yari umubikira (…)
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri ba Kaminuza n’amashuri makuru yo mu mujyi wa Lubumbashi no mu nkengero zawo muri RDC, ku wa 18 Gicurasi 2018 bifatanije n’imiryango ya bagenzi babo 23 bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu muhango wo kwibuka izo nzirakangane ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi.
Umuhango wo kwibuka wabanjirijwe n’ikindi gikorwa cyo kuremera umubyeyi wacitse ku icumu wo ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda, akarere ka Kamonyi, akaba yaratewe inkunga yo kumufasha gusana inzu (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gicurasi 2018, abayobozi, abakozi n’inshuti za Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, MINAGRI, n’ikigo gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga kiyishamikiyeho, NAEB, bibutse ku nshuro ya 24 abari abakozi b’iyi Minisiteri n’ibigo byose byari biyishamikiyeho basaga 700 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mbere yo gutangira igikorwa nyiri izina, abakitabiriye babanje gusura ingoro y’amatega y’urugamba rwo kubohora igihugu iri mu nteko (…)
Mu karere ka Kayonza mu murenge wa Ndego akagari ka Byimana, mu mudugudu wa Kabeza, hari umuhinzi mworozi wiyemeje kubera bagenzi be urugero.
Twasanze uyu mubyeyi ari mu rutoki rwe rwa kijyambere ruri kubuso bungana na hegitari 2 aho akorera ubwo buhinzi bwa kijyambere mu rwero rwo gutubura igihigwa k’insina.
Yanadutembereje kandi aho ahinga ubutunguru buri ku buso bungana na Hegita 1, ubona ko abuhinga kijyambere kandi umusaruro ukaba mwinshi gusa ngo afite imbogamizi zaho imodoka (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.






















